Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading:
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

igire
igire Yanditswe June 5, 2023
Share
SHARE

Ruhango: Abafite inzu zishaje mu mujyi bahawe amezi 3

 Yanditswe Jun, 05 2023 16:59 PM |  855 Views

Inzu z’ubucuruzi zishaje mu mujyi wa Ruhango zatangiye kuvugururwa. Abagenda n’abafite ibikorwa by’ubucuruzi muri uyu mujyi baravuga ko bizatuma uyu mujyi urushaho gusa neza ndetse ukazamuka urushaho kwegera indi mijyi ituranye nawo.

Mu gice cyiganjemo ubucuruzi cyane haruguru y’isoko rikuru ry’aka karere inyubako zimwe zatangiye gusanwa zijyanishwa n’igihe. Umujyi wa Ruhango wakunze kugaragaza ikibazo cy’abikorera bamara gutera imbere bakimukira mu yindi mijyi nka Muhanga na Kigali icyakora abawugenda n’abawukoreramo basanga kuvugurura uyu mujyi bizatuma abawukoreramo batekana.

Ubugenzuzi bwakozwe n’abajyanama b’aka karere bwerekanye ko nibura inzu 138 zigomba kuvugurwa zikajyanishwa n’igihe mu gihe kitarenze amezi atatu icyakora abo iki cyemezo kireba bavuga ko ari gito bagasaba ko cyongerwa.

Umuyobozi wungirijwe w’urugaga rw’abikorera mu Karere ka Ruhango Niyonshuti Pascasie avuga ko biteguye gukora ibyo bashoboye mu gushyira mu bikorwa ibyo basabwe na cyane ko na bo ngo ari inyungu zabo gukorera ahantu hasa neza.

Uretse kuvugurura byahereye aha hitwa muri quartier commercial, iyi gahunda ngo izanakomereza ku muhanda mukuru hazamurwa amagorofa.

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango Habarurema Valens yizeza abafiye inzu zigomba kuvugururwa ko ntawe uzashyirwaho ugitutu.

Umujyi wa Ruhango umaze kuba nyabagendwa cyane kubera ubukerarugendo nyobokamana bwo kwa Yezu Nyirimpuhwe. Ibi ngo ntibyari bikijyanye n’uko uyu mujyi ugaragara n’ibikorwa biwurimo dore ko kugera ubu hari hoteli ebyiri zonyine.

 

 

 

You Might Also Like

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

igire June 5, 2023 June 5, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?