Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: 360 Mubari barafashwe bugwate na FDLR batangiye gutaha
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

360 Mubari barafashwe bugwate na FDLR batangiye gutaha

igire
igire Yanditswe May 17, 2025
Share
SHARE

Kuri uyu wa 17 Gicurasi 2025 ku mupaka munini uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo RDC, hatangiye kunyuzwa Abanyarwanda bari barafashwe bugwate na FDLR umutwe w’Inyeshyambaga wasize ukoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ni igikorwa cyabaye mu masaha ya mu gitondo aho abagera kuri 360 ari bo bambutse ku ikubitiro gusa abarenga 2 000 akaba ari bo biteganyijwe ko bazatahuka.

Mu batahutse harimo; abagore, abagabo, abasore ndetse n’abana.

Babanzaga kubasaka bakambuka hanyuma bagashyirwa mu modoka zigomba kubajyana aho bakirirwa i Kijote mu Karere ka Rubavu aho bari gutaha binyuze mu bufatanye bwa CHR yo mu Rwanda n’iyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Mulindwa Prosper yabwiye Imvaho Nshya ko hamaze kwakirwa Abanyarwanda 360 ndetse n’abasigaye bakazakirwa ku bufatanye na Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi MINEMA n’izindi nzego za Leta.

Yagize ati: “Ni Abanyarwanda bari gutaha ntabwo ari impunzi, ubu hamaze gutaha 360 ariko ni bo bari bategerejwe uyu munsi, hasigayeyo abandi barenga 2 000 ntabwo bajya mu nkambi ahubwo barategurirwa gutaha iwabo babanje kunyura mu kigo cya Kijote kugira ngo bategurwe bahabwe n’inkunga ibinjiza mu miryango yabo.”

Mulindwa yavuze kandi ko Abanyarwanda bafite uburenganzira ku Gihugu cyabo, bityo ko uwaba ashaka gutaha wese, ahawe uburenganzira, cyane ko ngo niyo yaba atazi inkomoko ye afashwa gushaka abo baba bafitanye isano ndetse bagafashwa.

Yagize ati: “Igihe umuntu aziko ari Umunyarwanda araza tukamwakira agatanga amakuru kuko Umunyarwanda yemerewe gutura aho ari ho hose mu Gihugu, kuvuga ngo ntabwo azi iwabo nta cyo bivuze. Ikibaho ni ugufatanya n’inzego gushaka amakuru kuko iwabo aba ari mu Rwanda kandi iyo yahageze aba yemerewe gutura aho yahisemo.”

Bamwe mu bari gutaha bavuga ko bari barahumwe amaso n’inyigisho za FDLR  zababwiraga ko batashye bagirirwa nabi bigatuma badataha iwabo.

Kugeza ubu ntabwo hari hamenyekana igihe ikindi cyiciro cyambukira gusa Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yabwiye Imvaho Nshya ko bizagenda bimenyekana.

Aba ni bamwe mu Banyarwanda bari barafashwe bugwate na FDLR batangiye kugaruka mu Rwanda

You Might Also Like

Perezida Kagame yeretse abanyeshuri ba Kaminuza ya Havard amateka abanyarwanda banyuzemo

Gasabo: Hari ibigo by’amashuri bya leta biyishyuza amafaranga y’ibirarane ibigenera

Abashoramari bo muri Hongiriya beretswe amahirwe ari mu Rwanda

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

igire May 17, 2025 May 17, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame yeretse abanyeshuri ba Kaminuza ya Havard amateka abanyarwanda banyuzemo
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?