Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Menya uko abagize guverinoma bashyirwaho.
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Menya uko abagize guverinoma bashyirwaho.

igire
igire Yanditswe August 18, 2024
Share
SHARE

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, abanyarwanda bamenyeshejwe abagize Guverinoma nshya barimo Abaminisitiri 21 n’Abanyamabanga ba Leta 9 muri za minisiteri zitandukanye.

Nk’uko byagaragajwe n’itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, umubare munini w’abashyizwe muri guverinoma nshya, ni abari basanzwe mu nshingano.

Ku rundi ruhande ariko, mu mpinduka zagaragayemo harimo abaminisitiri batatu barimo uwa Siporo, Nyirishema Richard, uw’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi n’uw’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Christine Nkulikiyinka.

Mu zindi mpinduka zabayeho, Abanyamabanga ba Leta babiri ntibagarutse, aho uwari ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Solina Nyirahabimana ndetse n’uwari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibidukikije, Dr. Claudine Uwera, bavanyweho ndetse n’izo nshingano zivanwaho.

Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda mu ngingo yaryo ya 115, rigaragaza ko Guverinoma igizwe na Minisitiri w’Intebe, Abaminisitiri, Abanyamabanga ba Leta n’abandi bashobora kugenwa na Perezida wa Repubulika bibaye ngombwa.

Menya uko abagize Guverinoma batoranywa

Ingingo ya 116 mu Itekegeko Nshinga igena ko Abaminisitiri, Abanyamabanga ba Leta n’abandi bagize Guverinoma bashyirwaho na Perezida wa Repubulika amaze kugisha inama Minisitiri w’Intebe.

Ku bijyanye n’uburyo batoranywa, biteganywa mu ngingo ya 62, igena ibijyanye n’isaranganywa ry’ubutegetsi.

Gusaranganya ubutegetsi byubahirizwa mu nzego za Leta hakurikijwe amahame remezo avugwa mu ngingo ya 10 y’Itegeko Nshinga n’ibiteganywa n’andi mategeko.

Perezida wa Repubulika na Perezida w’Umutwe w’Abadepite ntibashobora guturuka mu mutwe umwe wa politiki.

Abagize Guverinoma batoranywa mu mitwe ya politiki hakurikijwe imyanya yayo mu Mutwe w’Abadepite. Icyakora, umutwe wa politiki wabonye amajwi menshi mu matora y’Abadepite ntushobora kurenza 50% by’abagize Guverinoma.

Ntibibujijwe ko n’abandi bantu bafite ubushobozi bashobora gushyirwa muri Guverinoma.

Mu Nteko Ishinga Amategeko hitabwa ku guhagararirwa kw’ibyiciro bitandukanye nk’uko biteganywa n’iri Tegeko Nshinga n’andi mategeko.

Abagize Guverinoma barahira ryari??

Itegeko Nshinga rigena ko Minisitiri w’Intebe ashyirwaho bitarenze iminsi 15 nyuma y’irahira rya Perezida wa Repubulika.

Ni mu gihe Abaminisitiri, Abanyamabanga ba Leta n’abandi bagize Guverinoma bashyirwaho bitarenze iminsi 15 nyuma y’ishyirwaho rya Minisitiri w’Intebe.

 

 

You Might Also Like

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

Madamu Jeannette Kagame asanga ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera ari ingenzi

Perezida Kagame yageze muri Kazakhstan

KIBUNGO:Hari abaganga bakoraga mu bitaro bya Kibungo banenzwe kwijandika muri Jenoside

IMPANURO:Maj Gen Nyakarundi yahaye impanuro inzego z’umutekano z’u Rwanda zigiye kujya i Cabo Delgado

igire August 19, 2024 August 18, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Kayonza: Icyanya cy’ubuhinzi bw’imbuto cyabahinduriye ubuzima
ubuhinzi

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?