Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: RDC: Kayikwamba mu gahinda nyuma y’uko Arsenal FC yanze kuvugana nawe
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

RDC: Kayikwamba mu gahinda nyuma y’uko Arsenal FC yanze kuvugana nawe

igire
igire Yanditswe February 17, 2025
Share
SHARE

Ikipe y’umupira w’amaguru ya Arsenal ikomeje gushinjwa gusuzugura bikabije Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yanga kubonana na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Thérèse Kayikwamba Wagner kugira ngo baganire ku masezerano yayo n’u Rwanda.

Thérèse Kayikwamba Wagner, minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), wari i Londres muri iki cyumweru gishize kugira ngo agaragaze impungenge z’uko u Rwanda ku gushyigikira umutwe witwara gisirikare wa M23, yavuze ko yagerageje guhura n’abayobozi ba Arsenal kugira ngo baganire ku masezerano yo gutera inkunga iyi kipe ya Visit Rwanda.

Yavuze ko ariko, Arsenal, imwe mu makipe azwi cyane ku Isi muri Premier League ifite abafana benshi muri Afurika, yahisemo kutamusubiza.

Guverinoma ya Congo yakunze kwishingikiriza raporo itavugwaho rumwe y’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zavuze ko abasirikare ba Leta y’u Rwanda 3000-4000 bafatanya na M23 mu burasirazuba bwa DRC. Icyakora, u Rwanda rwakomeje guhakana ko ingabo zarwo zinjiye muri iki gihugu kandi ruhakana inshuro nyinshi gutera inkunga inyeshyamba za M23 zo zemeza ko umuterankunga wabo wa mbere ari Guverinoma ya Congo kuko ari yo yambura ibikoresho bya gisirikare ikoresha iyo babitaye .

Wagner yabwiye ikinyamakuru The Guardian ati: “Twasabye guhura na Arsenal, ariko ntibatuvugishije cyangwa ngo bemere ubusabe bwacu. Ntabwo twabonye igisubizo. Ikigaragara ni uko badashaka guhura natwe. ”

Umwe mu bagize itsinda rya diaspora y’Abanyekongo i Londres, wasabye ko izina rye ritatangazwa, yavuze ko igisubizo cya Arsenal ari “igitutsi gikabije” ku bo yavuze ko ari “miliyoni” z’abafana mu gihugu kingana n’u Burayi bw’Uburengerazuba.

Ibinyuranye n’ibyo, indi kipe ikomeye mu Burayi ifitanye amasezerano n’u Rwanda ya Bayern Munich yo mu Budage, yo ivuga ko yohereje abakozi babiri mu Rwanda gukurikirana uko ibintu bigenda kandi iri kuvugana na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Budage.

Mbere y’uko Wagner agera i Londres yari yasabye abayobozi ba Arsenal guhagarika ibyo yise amasezerano ariho “ibizinga by’amaraso”na Visit Rwanda.

Hagati aho, biteganyijwe ko amasezerano ya Arsenal n’u Rwanda muri gahunda ya Visit Rwanda, yatangiye kuva mu 2021, bivugwa ko afite agaciro ka miliyoni 10 z’Ama-Pound ku mwaka akazakomeza kugeza umwaka utaha.

 

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire February 17, 2025 February 17, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?