Perezida Kagame yakiriye Ambasaderi mushya w’u Bushinwa mu Rwanda

igire

Kuri uyu wa Kabiri, Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye Village Urugwiro, Gao Wenqi, Ambasaderi mushya wa Repubulika ya Rubanda y’u Bushinwa mu Rwanda.

U Bushinwa busanzwe butera inkunga u Rwanda mu nzego ziganjemo ibikorwaremezo nk’imihanda n’ingufu, uburezi, ubuzima, ubumenyi bw’Isi n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Kugeza ubu, ibikorwa byose biterwa inkunga n’u Bushinwa bibarirwa agaciro ka miliyoni $600, agizwe n’inguzanyo z’igihe kirekire za miliyoni $450 n’impano ya miliyoni $150.

Mu 2023, ubucuruzi bwakorwaga hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa bwageze kuri miliyoni 500 z’Amadorali ya Amerika. Ni izamuka rya 16,5% ugereranyije n’umwaka wari wabanje.

U Rwanda n’u Bushinwa bimaze imyaka isaga 52 bifitanye umubano wihariye mu nzego zitandukanye ugamije guteza imbere abaturage b’ibihugu byombi.

Share This Article