IPRC Tumba: Hatashywe inzu izigishirizwamo amasomo atandukanye irimo ibikoresho bigezweho

igire

Mu Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyi ngiro rya  IPRC Tumba hatashwe inzu yubatswe ku nkunga na Leta y’ubufaransa, izajya  yigishirizwamo amasomo atandukanye y’imyuga n’indimi mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Bamwe mu banyeshuri n’abarezi bo muri iri shuri ndetse no mu yandi mashami ya IPRC bavuga ko iyi nyubako yaje ari igisubizo kuko irimo ibikoresho bibafasha kwiga neza amasomo yabo.

Ku ruhande rw’abanyeshuri, bavuga ko igihe bazaba barangije amasomo bazatanga umusaruro ufatika ku gihugu, ni mu gihe abarimu bo bavuga ko amahugurwa bahabwa abafasha gutanga uburezi bufite ireme.

Iyi nzu irimo ibyumba bitandukanye birimo isomero rinini, Laboratwari, zirimo iz’ubwubatsi, ubukanishi, ububaji ndetse n’indi myuga.

Iyi nyubako yigirwamo n’ishami rya Mechatronics yashyizweho ibuye ry’ifatizo na Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron mu ruzinduko aheruka kugirira mu Rwanda mu mwaka wa 2021.

Ambasaderi w’Ubufaransa mu Rwanda Antoine Anfré wafunguye ku mugaragaro iyi nyubako arikumwe n’Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’Uburezi Madamu Irere Claudette, yavuze ko ibi bishimangira umubano ibihugu byombi bifitanye.

 

Iyi nyubako yafunguwe n’Umunyamabanga wa leta muri MINEDUC Madamu Irere Claudette ari kumwe na Ambasaderi w’Ubufaransa mu Rwanda Antoine Anfré. Photo: IPRC Tumba

 

 

Iyi nyubako irimo ibikoresho bigezweho bizakoreshwa muri Laboratwari, zirimo iz’ubwubatsi, ubukanishi, ububaji ndetse n’indi myuga. Photo: IPRC Tumba

 

Share This Article