Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yakiriye Umwami Abdullah II Ibin Al-Hussein
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yakiriye Umwami Abdullah II Ibin Al-Hussein

igire
igire Yanditswe January 7, 2024
Share
SHARE

Ku gicamunsi yo kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame yakiriye Umwami Abdullah II Ibin Al-Hussein w’Ubwami bwa Hashemite bwa Yorodani kugera muri Village Urugwiro i Kigali aho yatangiriye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda bagirana ibiganiro imbonankubone.

Ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali Umwami Abdullah II wa Yorodani yakiriwe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, wari kumwe n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu.

Perezida Kagame n’ Umwami Abdullah II wa Yorodani, bahise berekeza muri Village Urugwiro, aho bagiranye ibiganiro byihariye mu muhezo.

Bombi kandi barayobora ibiganiro byaguye bihuza abayobozi mu nzego zitandukanye ku mpande zombi.

Perezida Kagame n’Umwami wa Yorodani kandi barayobora isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye hagati y’ibihugu byombi.

Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwe, Umwami Abdullah II wa Yorodani azasura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, asobanurirwe amateka yaranze u Rwanda by’umwihariko itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside ndetse n’uko igihugu gikomeje kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda n’imibereho yabo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ibi bije mu gihe u Rwanda rwitegura gufungura Ambasade muri Yorodani ndetse mu Kuboza 2023, nibwo hashyizweho Urujeni Manzi Bakuramutsa nka Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri icyo gihugu.

Ibihugu byombi kandi bifitanye ubufatanye mu bijyanye na politiki, uburezi, ubucuruzi n’ubufatanye mu nzego z’umutekano n’iz’igisirikare.

U Rwanda rufata Yorodani nk’igihugu cyaba umufatanyabikorwa mwiza mu bijyanye n’ubukerarugendo cyane ko byombi bifite ibyiza nyaburanga abaturage b’impande zombi bashobora gusura.

AMAFOTO :

Office of the President -Communications Office

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire January 8, 2024 January 7, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?