Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Teta Gisa Umukobwa wa Fred Gisa Rwigema yazamuwe mu ntera
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Teta Gisa Umukobwa wa Fred Gisa Rwigema yazamuwe mu ntera

igire
igire Yanditswe February 28, 2024
Share
SHARE

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku mugoroba w’ejo ku wa Kabiri tariki 27 Gashyantare 2024 muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashyize abayobozi mu myanya mu nzego zitandukanye.

Mu bahawe inshingano harimo na Teta Gisa Rwigema, umukobwa wa nyakwigendera Maj. Gen Fred Gisa Rwigema intwari y’u Rwanda mu cyiciro cy’Imena. Ni umwe mu batangije urugamba rwo kubohora igihugu tariki ya 01 Ukwakira 1990.

Mu byemezo by’inama y’Abaminisitiri byafashwe, Teta Gisa yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Afurika (Director General of Africa) muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFFET).

Azamuwe mu ntera mu bijyanye n’imirimo ya Leta kuko mu nama y’Abaminisitiri yateranye tariki 13 Gicurasi 2022 yari yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ishami rya Afurika Yunze Ubumwe (Director of African Union Unity).

Teta Gisa yaminuje muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Kent State University aho yize ibijyanye na Politiki kuva mu 2009 kugeza 2014.

Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza yakuye mu Bwongereza muri Cardiff University mu 2016-2017 mu bijyanye n’ububanyi mpuzamahanga n’itumanaho (International Public Relation & Global Communications).

Mu 2018 yari umwe mu bakozi bo mu ishami ry’Afurika muri MINAFFET.

Urubuga Linkedin rugaragaza ko Teta Gisa Rwigema yanabaye umwe mu bayobozi bakuru muri iryo shami (AU Senior Officer).

Teta Gisa yabaye umukozi w’Umuryango w’Abibumbye ishami ryita ku baturage (UNFPA).

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire February 28, 2024 February 28, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?