Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Rusizi: Inama Njyanama yitandukanyije n’inyandiko ya Meya idasigasira ubumwe bw’Abanyarwanda
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Rusizi: Inama Njyanama yitandukanyije n’inyandiko ya Meya idasigasira ubumwe bw’Abanyarwanda

igire
igire Yanditswe March 12, 2024
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Inama Njyanama y’Akarere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba bwasabye umuyobozi w’aka Karere gutanga ibisobanuro ku magambo yakoresheje mu ibaruwa yandikiye Komite ya IBUKA mu Karere n’izindi nzego.

Ni nyuma y’aho muri iyo baruwa Meya Dr Kibiriga Anicet yanditse agira ati: “Mbandikiye mbatumira mu nama yo kwemeza amatariki twazibukiraho abanyu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994”.

Iyi nyandiko bigaragara ko yanditswe tariki ya 01 Werurwe 2024, Inama Njyanama y’Akarere ka Rusizi ivuga ko ibyanditswe n’Umuyobozi w’Akarere we bitamureba.

Ibi ngo si ubwa mbere bigaragaye kuri uyu muyobozi kuko ngo mu bihe byo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi hari umubiri wataburuwe w’umuntu utarahigwaga ariko ngo uza kujyanwa mu rwibutso rwa Jenoside rwa Nyarushishi.

Ubuyobozi bw’Inama Njyanama y’Akarere ka Rusizi bunavuga ko hari Umuyobozi mu Karere wakoresheje amagambo akomeretsa yatumye abantu bahungabana. Ni amagambo yavugiwe ku rwibutso rwa Nkanka aho yavugiye mu ruhame ko “Abaturage bahuriye mu nama no mu muhango wo kwibuka”.

Inama Njyanama yamaganye kandi yitandukanya n’iriya nyandiko n’indi migirire mibi yose. Yanaboneyeho umwanya wo guhumuriza ababona iyo nyandiko bakababazwa na yo.

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire March 12, 2024 March 12, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?