Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Kicukiro: I Gahanga bibutse, banashyingura mu cyubahiro imibiri y’abantu 12
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Kicukiro: I Gahanga bibutse, banashyingura mu cyubahiro imibiri y’abantu 12

igire
igire Yanditswe April 11, 2024
Share
SHARE

Mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, tariki 10 Mata 2024, habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, cyitabirwa n’abantu batandukanye barimo Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, Antoine Cardinal Kambanda, ndetse n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Eng. Uwase Patricie.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ka Kicukiro, Antoine Mutsinzi

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Antoine Mutsinzi

Mu ijambo ry’ikaze, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Antoine Mutsinzi, yagarutse ku budaheranwa bwaranze abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko ubuyobozi buzakomeza kubaba hafi. Yasabye abaturage kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside no kudahishira uwo igaragayeho.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yihanganishije abarokokeye i Gahanga, ndetse n’abafite ababo basaga ibihumbi 16 bashyinguwe mu rwibutso rwa Gahanga.

Dusengiyumva yavuze ko bibabaje kwibuka ku nshuro ya 30 ariko hakaba hakiri abantu bafite amakuru y’ahiciwe Abatutsi muri Jenoside ariko bakaba batayatanga kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro.

Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel

Yavuze kandi ko Umujyi wa Kigali uzakomeza gufatanya n’izindi nzego mu gukomeza kubungabunga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi no kuyabika hakoreshejwe ikoranabuhanga ndetse no gufata neza ibimenyetso bibitse amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Eng. Uwase Patricie, wifatanyije n’abaturage ba Gahanga mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yashimiye abarokokeye muri uyu Murenge no mu nkengero zawo banze guheranwa n’amateka mabi banyuzemo.

Eng. Uwase Patricie na we yifatanyije n'abaturage b'i Gahanga mu gikorwa cyo kwibuka

Eng. Uwase Patricie na we yifatanyije n’abaturage b’i Gahanga mu gikorwa cyo kwibuka

Yagize ati “Amateka u Rwanda rwanyuzemo ni ayacu. Dukwiye kuyashingiraho tukavomamo imbaraga zituma twese duharanira gukomeza kubaka u Rwanda rushyize hamwe no guharanira ko ibyabaye bitazongera kubaho ukundi.”

Mu Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, hanashyinguwe mu cyubahiro imibiri y’abantu 12 yabonetse mu Kagari ka Murinja muri uwo Murenge, abaturage basabwa gutanga amakuru y’ahakiri indi mibiri kugira ngo ishyingurwe.

 

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire April 11, 2024 April 11, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?