Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Kuba hari abagize uruhare muri Jenoside batarashyikirizwa ubutabera ntibikwiye guca intege abayirokotse- Dr Bizimana
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Kuba hari abagize uruhare muri Jenoside batarashyikirizwa ubutabera ntibikwiye guca intege abayirokotse- Dr Bizimana

igire
igire Yanditswe April 22, 2024
Share
SHARE

Mu kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Kansi mu karere ka Gisagara, abaharokokeye bavuga ko nk’ahantu havukaga abanyapolitike benshi barimo abagize uruhare mu itegurwa n’ishyirwamubikorwa ryayo, byatumye hicirwa Abatutsi benshi nyamara bamwe mu bagize uruhare bakaba bakidegembya.

Mu  buhamya bw’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barokokeye mu bice by’Umurenge wa Kansi bavuga ko ubwicanyi ndengakamere bwabereye aha bwahitanye umubare munini w’Abatutsi nyamara imibiri yabo ntiyigeze iboneka ngo ishyingirwe mu cyubahiro, kuko yajugunywe mu cyuzi cya Rwamwakizi indi iratwikwa.

Abarokotse aha i Kansi bavuga ko ubwicanyi ndengakamere bwatijwe umurindi no kuba haravukaga abanyapolitike benshi nyamara bamwe muri bo bakaba batarashyikirijwe ubutabera n’abafite amakuru y’ahajugunywe imibiri y’Abatutsi ntibashake kugaragaza aho bayijugunye.

Nyuma y’imyaka 30 Jenoside ihagaritswe, abayirokotse baravuga ko ubu biyubatse ndetse bakomeje urugendo rw’iterambere biyubaka.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene avuga ko kuba hari abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi batarashyikirizwa ubutabera, bidakwiye guca intege abayirokotse .

Urwibutso rwa Kansi Rushyinguyemo imibiri y’Abatutsi 10192, hanashyinguwe indi 31 yabonetse.

Uretse mu Murenge wa Kansi kandi kuri iyi tariki ya 22 mu Karere ka Gisagara hanibutswe Abatutsi 2827 bashyinguye mu rwibutso rwa Kibirizi n’abandi 28059 bashyinguye mu rwibutso rw’Agahabwa mu Murenge wa Kigembe.

 

 

 

 

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire April 22, 2024 April 22, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?