Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Korea y’Epfo: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abarimo mugenzi we Yoon Suk Yeol
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Korea y’Epfo: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abarimo mugenzi we Yoon Suk Yeol

igire
igire Yanditswe June 3, 2024
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame uri i Seoul muri Korea y’Epfo aho yitabiriye inama ihuza iki gihugu n’Umugabane wa Afurika, yakiriwe na mugenzi we, Yoon Suk Yeol, baganira ku buryo bwo kurushaho kwagura umubano w’Ibihugu byombi n’ubufatanye mu nzego zitandukanye.

Mu bandi baganiriye n’Umukuru w’Igihugu, barimo Rev. Billy Kim, umuvugabutumwa ukomeye wanabaye Umuyobozi w’Itorero ry’Ababtisita ku Isi, ukomoka muri Koreya Y’Epfo.

Kuri uyu munsi kandi Perezida Kagame ari kumwe n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma za Afurika, bakiriwe ku meza na Perezida wa Koreya y’Epfo, Yoon Suk Yeol na Madamu Kim Keon Hee.

Iyi nama ihuza Afurika na Korea y’Epfo iteganyijwe hagati ya tariki 4-5 Kamena 2024, mu Mujyi wa Goyang-si, aho izayoborwa na Perezida w’icyo gihugu, Yoon Suk Yeol.

Abayitabira barimo Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma za Afurika, abahagarariye imiryango mpuzamahanga n’abandi batandukanye.

Baraganira ku guharanira ahazaza heza hahuriweho, ubukungu busangiwe kandi burambye ndetse n’ubufatanye.

U Rwanda rufitanye umubano wihariye na Korea y’Epfo ushingiye kuri politiki na diplomasi, ubutwererane n’ubufatanye muri gahunda zo guteza imbere ubukungu bw’Abanyarwanda.

Ibihugu byombi biherutse gusinyana masezerano mu nzego ebyiri zirimo ubujyanama mu bya politiki, ndetse n’ubufatanye muri gahunda y’ikigega cy’ubutwererane mu iterambere ry’ubukungu.

Ni amasezerano yasinyiwe i Kigali muri Kanama 2023.

Umubano w’u Rwanda na Korea y’Epfo watangiye mu 1963. Ibihugu byombi bifatanya cyane mu bijyanye n’ubuhinzi, uburezi, guteza imbere ikoranabuhanga mu buvuzi, ikoranabuhanga n’ibindi.

Mu 2020 kandi Korea y’Epfo yari yasinyanye n’u Rwanda amasezerano yemerera buri gihugu gukoresha ikirere cy’ikindi. Ni amasezerano azwi nka Bilateral Air Services Agreement.

AMAFOTO: Office of the President 

 

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire June 3, 2024 June 3, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?