Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame uri i Paris yakiriwe na Macron w’u Bufaransa
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame uri i Paris yakiriwe na Macron w’u Bufaransa

igire
igire Yanditswe May 8, 2025
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame uri i Paris mu Bufaransa, yahuye na mugenzi we, Emmanuel Marcon, aho baganiriye ku bibazo byerekeye Isi ndetse n’imikoranire itanga umusaruro hagati y’Ibihugu byombi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko abakuru b’ibihugu byombi babonanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 7 Gicurasi 2025.

U Rwanda n’u Bufaransa bifitanye umubano uhamye ushingiye kuri dipolomasi z’ibihugu byombi.

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa mu gihe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, hategerejwe umukino uhuza ikipe ya PSG na Arsenal, amakipe yombi akorana n’u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda, yo kwamamaza ubukerarugendo bw’Igihugu n’ibyiza nyaburanga bigitatse.

Uruzinduko nk’uru rw’akazi ruhuza aba bakuru b’ibihugu byombi rwari ruherutse kuba tariki 20 Kamena 2024, aho Perezida Kagame yari yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku ikorwa ry’inkingo no kuzigeza kuri bose, yabereye mu Bufaransa.

Perezida Kagame yaherukaga mu Bufaransa mu Kwakira 2024, ubwo yari yitabiriye Inama ya Francophonie, ihuza ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa. Icyo gihe na bwo yahuye na Perezida Macron ndetse bagiranye ibiganiro bigaruka ku bibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.

You Might Also Like

Umunsi wageze, gutora Papa mushya bigiye gutangira

Kenya: Batatu bafashwe bakekwaho gutera urukweto Perezida Ruto

Bugesera: Urubyiruko rwashyikirije utushoboye inzu yokubamo

Intumwa y’u Bwongereza itegerejwe mu Rwanda

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida mushya wa Gabon

igire May 8, 2025 May 8, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

UEFA Champions League:PSG isezereye Arsenal isanga Inter ku mukino wa nyuma
SIPORO

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?