Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yemeje ko ari Umukandida mu matora azaba mu 2024
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yemeje ko ari Umukandida mu matora azaba mu 2024

igire
igire Yanditswe September 20, 2023
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yatangaje ko aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2024 kugira ngo akomeze gukorera abaturage b’u Rwanda igihe cyose babishaka.

Perezida Paul Kagame asanga nta mpamvu yo kudakora ibyo Abanyarwanda bashaka mu gihe bamufitiye icyizere
Perezida Paul Kagame asanga nta mpamvu yo kudakora ibyo Abanyarwanda bashaka mu gihe bamufitiye icyizere

Ibi Perezida Paul Kagame yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Jeune Afrique ubwo yari abajijwe n’umunyamakuru François Soudan niba kuba yarongeye gutorerwa kuyobora FPR Inkotanyi n’amajwi 99,8% bidashimangira ko azongera guhagararira uyu muryango mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Perezida Paul Kagame yasubije ati “Mumaze kubyivugira ko ari ibintu bigaragarira amaso ya bose. Ni nako bimeze. Ndishimye ku bw’icyizere Abanyarwanda bamfitiye. Nzakomeza kubakorera uko nshoboye. Yego, rero ndi umukandida.”

Perezida Kagame yabajijwe niba kongera gutorwa umwaka utaha bitazatuma habaho kunengwa n’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi, bidahwema kunenga abayobozi bamara igihe kinini ku butegetsi bitewe n’uko azaba ayoboye imyaka irenga 20, ibintu bidahuye neza n’amahame yabo ya Politiki.

Perezida Kagame yasubije ko icyo biriya bihugu bitekereza bitareba u Rwanda muri rusange.

Ati “Unyihanganire ku bijyanye n’Uburengerazuba, ariko icyo biriya bihugu bitekereza ntibitureba. Kuri jye sinzi ibihura n’indangagaciro zabo. Demokarasi ni iki? Uburengerazuba butegeka abandi ibyo bakwiye gukora?”

Kuri iki kibazo Perezida Kagame yavuze ko abantu bakwiye kwigenga kandi bagahabwa urubuga rwo gukora ibyabo uko babishaka.

Ati “None se iyo batubahirije amahame yabo ubwabo, umuntu yabumva ashingiye kuki? Gushaka kwimurira Demokarasi yabo ku bandi, ubwabyo ni ukutubahiriza amahame ya Demokarasi. Abantu bakwiye kwigenga kandi bagahabwa urubuga rwo gukora ibyabo uko babishaka.”

Perezida Kagame yatorewe kongera kuba Umuyobozi (Chairman) wa RPF Inkotanyi muri Mata 2023. Icyo gihe yashimiye abanyamuryango kumugirira icyizere, ababwira ko azakomeza gukorera Abanyarwanda igihe cyose abishoboye.

Perezida Kagame yavuze ko icyizere yagiriwe cyo kongera gutorerwa kuba umuyobozi w’Umuryango RPF Inkotanyi gisobanuye byinshi ariko icy’ingenzi ari uburyo bwo gukomeza guteza imbere Igihugu n’Abanyarwanda.

You Might Also Like

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

Amb. Bizimana yashyikirije Perezida wa Senegal impampuro zo guhagararira u Rwanda

Ibyo wamenya kuri Papa Leon XIV, Umusimbura mushya wa Petero intumwa

Perezida Kagame uri i Paris yakiriwe na Macron w’u Bufaransa

igire September 20, 2023 September 20, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?