Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: U Rwanda na Guinea byiyemeje kongera ubufatanye mu bucuruzi n’ishoramari
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

U Rwanda na Guinea byiyemeje kongera ubufatanye mu bucuruzi n’ishoramari

igire
igire Yanditswe September 21, 2023
Share
SHARE

twitter sharing button
whatsapp sharing button
Perezida Paul Kagame uri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika i New York, aho yitabiriye Inteko Rusange ya 78 y’Umuryango w’Abibumbye (UN), yabonanye na Mamady Doumbouya Perezida wa Guinea ku kongera ubufatanye bw’ibihugu byombi mu bucuruzi, ishoramari, ikoranabuhanga mu mitangire ya serivisi mu nzego za Leta n’izindi.
Perezida Kagame yaganiriye wa mugenzi we wa Guinea
Perezida Kagame yaganiriye wa mugenzi we wa Guinea

Ibiganiro byabo bikurikira uruzinduko rwa Perezida Kagame aherutse kugirira muri Guinea, aho abayobozi bombi biyemeje gukorera hamwe kugira ngo bakemure ibibazo byo mu karere no ku mugabane wa Afurika.

Ibihugu byombi bifitanye amasezerano yashyizweho umukono, arimo ay’ubutwererane buhuriweho mu bya dipolomasi, ndetse n’ajyanye n’ubufatanye mu ikoranabuhanga.

Perezida Kagame kandi yabonanye n’ababandi bayobozi barimo Perezida Filipe Nyusi wa Mozambique, baganira ku gushimangira ubufatanye hagati y’u Rwanda na Mozambique.

Perezida Kagame aganira na mugenzi we Philippe Nyusi
Perezida Kagame aganira na mugenzi we Philippe Nyusi

Igihugu cy’u Rwanda na Mozambique bifitanye amasezerano y’ubufatanye mu by’umutekano, kugira ngo bihashye ibyihebe byari byarabujije abaturage ba Mozambique umutekano.

Bimwe mu bimaze kugerwaho muri iki gihugu ni uko Ingabo z’u Rwanda, zafashije abaturage ba Mozambique gusubira mu byabo, bari barakuwemo n’intambara kubera ibyihebe, mu turere twa Palma na Mocimboa da Praia tw’intara ya Cabo Delgado, ahabarizwa ibirindiro by’Ingabo z’u Rwanda.

Perezida Kagame yagiranye kandi ibiganiro na Perezida wa Banki Nyafurika itsura amajyambere, Akinwumi Adesina, bavuga ku bufatanye bw’iyi Banki n’u Rwanda, mu nzego zirimo gutera inkunga ibikorwa remezo no guteza imbere ubumenyi.

Perezida Kagame na Minisitiri w
Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Samoa, Fiamē Naomi Mataʻafa of Samoa

Umukuru w’Igihugu kandi yaganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Samoa, Fiamē Naomi Mataʻafa, ku ngingo zirimo kuba ibihugu byombi biri muri Commonwealth. Samoa izakira inama y’Abakuru b’ibihugu byo muri uyu muryango izaba mu 2024.

Perezida Kagame yanagiranye kandi ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Giorgia Meloni, baganira ku buryo bwo gushimangira umubano hagati y’ibihugu byombi, mu ngeri zirimo umutekano, ubuhinzi, ubuzima, ikoranabuhanga n’ibindi.

Minisitiri w
Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Giorgia Meloni aganira na Perezida Kagame

Perezida Kagame kandi yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Barbados, Mia Amor Morttley. Abayobozi bombi baganiriye ku guteza imbere ubufatanye bw’ibihugu by’u Rwanda na Barbados mu bucuruzi n’ishoramari, ubukerarugendo n’ibindi.

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire September 21, 2023 September 21, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?