Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yaganiriye n’abaturutse muri Kongere ya Amerika
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yaganiriye n’abaturutse muri Kongere ya Amerika

igire
igire Yanditswe October 11, 2023
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe, Dr. Eduard Ngirente, yakiriye itsinda rya gatatu ry’abakozi ba Kongere ya Amerika bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi irindwi, mu rwego rwa gahunda y’ubutwererane mu bumenyi n’umuco.

Aya makuru dukesha urubuga rwa X rwa Minisitiri w’Intebe, avuga ko yakiriye aba bayobozi ku wa Kabiri tariki 10 Ukwakira 2023.

Abaje mu Rwanda ni itsinda ry’abakozi bafasha Inteko Ishinga Amategeko ya Leta zunze Ubumwe z’Amerika, bari mu ruzinduko rw’iminsi irindwi mu arwanda.

Ubwo bakirwaga na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente, impande zombi zarebeye hamwe ubufatanye busanzweho, harimo urwego rw’uburezi, ubuzima, umutekano, ubutumwa bwo kubungabunga amahoro, guhanga udushya, iterambere mu bukungu ndetse n’ubwiyunge.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, avuga ko wabaye umwanya mwiza wo kubasobanurira imiyoborere y’u Rwanda n’intandaro y’umutekano muke mu karere.

Ati “Ntabwo kubana kw’ibihugu bisobanuye ngo tugomba kumvikana ku bintu byose ijana ku ijana, ariko ibyo tutumvikahano nibyo twabasobanuriragaho, aho rimwe na rimwe bashaka gusoma politiki z’ibihugu bakoresheje indorerwamo z’iwabo, z’ibyo bazi, cyane cyane uko Amerika ibaho”.

Dr Biruta akomeza avuga ko babasobanuriye neza ko u Rwanda rufite amateka yihariye, ndetse ko imico y’ibihugu byombi itandukanye bityo ko batakora bimwe.

Abo bashyitsi bari mu Rwanda ku nshuro ya Gatatu, ndetse igihugu cyabo ni umufatanyabikorwa mu bikorwa bitandukanye bigamije iterambere.

Minisitiri Biruta avuga ko ibiganiro amatsinda yabanje yagiranye n’abayobozi b’u Rwanda, hamwe n’abaturage mu nzego zitandukanye, hari icyo bigenda bihindura ku myumvire bari bafite ku Rwanda, kuko kuri ubu barushaho kurusobanukirwa neza haba mu miterere n’imiyoborere yarwo.

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire October 11, 2023 October 11, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?