Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Abadepite bemeje itegeko rishyiraho Umugaba Mukuru wungirije w’Igisirikare cy’u Rwanda
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Abadepite bemeje itegeko rishyiraho Umugaba Mukuru wungirije w’Igisirikare cy’u Rwanda

igire
igire Yanditswe May 2, 2024
Share
SHARE

Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwa mbere zigiye kugira Umugaba mukuru wungirije w’ingabo nyuma y’itegeko rishya rigenga igisirikare cy’igihugu.

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 2 Gicurasi, iri tegeko ryatowe n’amajwi menshi y’abadepite, ryatangiza igice kinini cy’ivugurura rya gisirikare, harimo n’umwanya mushya w’umugaba mukuru wungirije (Deputy CDS), uwa mbere mu mateka y’igihugu.

Iryi tegeko riteganya ishyiraho rya serivisi z’ubuvuzi za RDF, ishami rishya rizayoborwa n’umugaba mukuru.

Ibi bisobanuye ko ubu Ingabo z’u Rwanda zizaba zigizwe n’abagaba bakuru bane, bayobora ibice bine by’ingenzi, aribyo: Ingabo zirwanira ku butaka, ingabo zirwanira mu kirere, ingabo zidasanzwe, ndetse na serivisi ishinzwe ubuzima.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, Perezida Paul Kagame, Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za RDF, yagize Maj Gen Dr Ephraim Rurangwa, Umugaba Mukuru wa Serivisi z’Ubuvuzi. Yashyizeho kandi Col Dr John Nkuriki nk’Umuyobozi Wungirije wa Serivisi z’Ubuvuzi.

Muri Werurwe, igihe umushinga w’itegeko watangizwaga bwa mbere mu nteko ishinga amategeko, Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yasobanuye ko umugaba wungirije w’ingabo muri RDF azaba ashinzwe kumenya ko ingabo ziyobowe uko bikwiye.

Ati: “Ntabwo twubaka igisirikare cy’uyu munsi gusa; turubaka igisirikare cy’igihe kirekire. Niyo mpamvu twagize igitekerezo cy’uko umugaba mukuru (CDS) agomba kugira umwungirije kugira ngo igihe atabonetse, ubuyobozi buhagarara. ”

Minisitiri yavuze ko impinduka ziteganijwe zigamije kurushaho gushimangira ubuyobozi bwa RDF bijyanye n’inshingano zayo zikomeye zo kurengera ubusugire bw’igihugu, no mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu mahanga.

Yavuze ko ivugurura rizafasha ingabo z’igihugu kurushaho kugenda neza no gukora neza mu gihe hakomeje kugaragara impinduka mu mutekano mu karere ndetse no hanze yako.

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire May 2, 2024 May 2, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?