Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Abafatiwe ibinyabiziga byabo bahawe igihe ntarengwa cyo kujya kubitwara
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Abafatiwe ibinyabiziga byabo bahawe igihe ntarengwa cyo kujya kubitwara

igire
igire Yanditswe June 13, 2023
Share
SHARE
Polisi y’u Rwanda yasabye abantu bose bafite ibinyabiziga byafatiwe mu makosa atandukanye kujya kubitora aho bifungiye ku cyicaro gikuru cya Polisi Kacyiru bitarenze tariki 20 Kamena 2023, uzarenza iyo tariki ikinyabiziga cye kikazatezwa cyamunara.
whatsapp sharing button

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yatangarije Kigali Today ko ibinyabiziga bifungiye ku cyicaro cya Polisi ku Kacyiru ari 903, ba nyirabyo bakaba bahamagarirwa kujya kubitora kugira ngo bitazatezwa cyamunara.

Ati “Kubera impamvu zitandukanye byabaye ngombwa ko bongererwa igihe cyo kuhagera bagatwara ibinyabiziga byabo, ariko uzatinda kuza kureba ikinyabiziga cye kizatezwa cyamunara nk’uko mategeko abiteganya”.

CP Kabera avuga ko kugera ahafungiye ibyo binyabiziga bikomeje kugeza tariki 20 Kamena 2023.

Ku binyabiziga byafatiwe mu ntara nabyo Polisi ivuga ko izabanza kumenyesha ba nyirabyo mbere y’uko bitezwa cyamunara.

Ibi binyabiza bifungiye kuri Polisi byose byagiye bifatirwa mu makosa atandukanye, ba nyirabyo bahawe amahirwe yo kongererwa iminsi yo kujya kubifata.
Ikindi yibukije abantu ni ukutajya kwiyitirira ikinyabiziga kitari icyabo, kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko.

CP John Bosco Kabera avuga ko Polisi ibanza gutanga itangazo kugira ngo yibutse abafite ibinyabiziga byafashwe, kwitabira kujya kubikurikirana bitarajya muri cyamunara.

Ingingo no 38 y’itegeko no 34/1987 iteganya ko iyo ikinyabiziga kirengeje ukwezi cyarafatiriwe gishobora gutezwa cyamunara.

Ariko Polisi ibaha igihe gihagije cyo gukemura ibibazo bafite bagasubizwa ibinyabiziga byabo.

You Might Also Like

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

Umusaruro w’inganda wazamutseho 5% muri Werurwe 2025

U Rwanda mu nzira yo gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peretoli litiro miliyoni 334

U Rwanda na PSG byongereye amasezerano y’imikoranire kugeza mu 2028

igire June 13, 2023 June 13, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?