Amakuru mashya atangajwe na Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, agaragaza ko abantu bamaze kugaragaraho indwara y’umuriro mwinshi iterwa na virusi ya Marburg, bamaze kugera kuri 26.
Ni amakuru atangajwe kuri uyu wa 28 Nzeri 2024, aho abarimo kuvurwa ari 20 naho abamaze guhitanwa nayo bakaba bakiri 6.
Mu rwego rwo guhangana n’icyo cyorezo igikorwa cyo gupima no gushakisha abahuye n’abarwayi kirakomeje.
Ibimenyetso by’ingenzi biranga uburwayi bwa Marbug ni umuriro ukabije, kubabara umutwe bikabije, kubabara imikaya, gucibwamo no kuruka.
Uko umuntu yakwirinda kwandura icyo cyorezo harimo kwirinda kwegerana cyane cyangwa gukora ku muntu wagaragaje ibimenyetso no kugira umuco w’isuku.

Sign Up For Daily Newsletter
Be keep up! Get the latest breaking news delivered straight to your inbox.
[mc4wp_form]
By signing up, you agree to our Terms of Use and acknowledge the data practices in our Privacy Policy. You may unsubscribe at any time.