Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Abantu 109 bishwe n’ibiza mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyaruguru
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Abantu 109 bishwe n’ibiza mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyaruguru

igire
igire Yanditswe May 3, 2023
Share
SHARE

Imvura yaguye mu ijoro ryakeye yateje ibiza mu Ntara y’Amajyaruguru n’iy’Iburengerazuba. Kugeza ubu imibare y’agateganyo itangazwa n’ubuyobozi bw’izi ntara ivuga ko abantu 109 ari bo bamaze kumenyekana ko bapfuye.

Intara y’Iburengerazuba ni yo yibasiwe cyane n’ibi biza, aho imibare y’agateganyo igaragaza ko abamaze gupfa ari 95. Ni mu gihe Intara y’Amajyaruguru, habarurwa abantu 14 bapfuye.

Iyi mvura yasenye ibikorwa bitandukanye birimo inzu z’abaturage, ibikorwa remezo n’ibindi.

Mu Karere ka Nyabihu

 

Bitewe n’ibiza by’imvura byaraye byibasiye abaturage, mu karere ka Nyabihu mu Ntara y’Iburengerazuba hari abantu 19 bahitanwe n’ibiza ibyatewe n’inkangu zagwiriye inzu.. Ubu hari abaturage bagiye kuvurizwa ku ibitaro bya Shyira.

Ubu muri aya masaha umugezi wa Giciye warengeye imyaka y’abaturage ndetse muri aka karere harabarurwa imihanda 3 yamaze gufungwa n’inkangu ubuhahirane bukaba bwahagaze.

 

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buvuga ko bwatangiye gufatanya n’abaturage kugira abagwiriwe n’inkangu bashyingurwe.

 

Mu Karere ka Ngororero

Umwuzure wo ku mugezi wa Nyabarongo wafunze umuhanda Muhanga-Ngororero nta modoka cyangwa ikindi kinyabiziga kiwukoresha bivuze ko kugera muri aka karere ari ukurira umusozi n’amaguru ukagera iGatuma. Kugeza ubu ku mpande zombi abashinzwe umutekano barakumira abaturage ngo hatagira uwakwishora akaba yahitanwa n’amazi ya Nyabarongo.

Gusa amazi yatangiye kugabanyuka mu muhanda n’ubwo ari ku muvuduko muto cyane. Ibi biraterwa n’uko kugeza n’ubu amazi agikamuka mu misozi.

Mu Murenge wa Muhanda muri aka karere, byahitanye ubuzima bw’abantu 9. Hangirika inzu, imirima n’ibindi bikorwa.

MINEMA irahumuriza abaturage

Minisiteri shinzwe ibikorwa by’ubutabazi ikaba yihanganishije ababuriye ababo muri ibyo biza. Minister Marie Solange Kayisire yavuze ko ubutabazi bwahise butangira, harimo gufasha gushyingura abahitanywe n’ibiza no gutanga ibikoresho ku basenywe inzu.

Minisitiri Kayisire kandi yasabye abantu gukomeza kwitwararika, abatuye hafi y’imikingo bakimuka, kuko ari imvura imaze iminsi igwa ku buryo ubutaka bwasomye.

Yasabye abantu kandi gukaza amarondo, kugira ngo cyane cyane mu ijoro mu gihe imvura iguye ari nyinshi, abashinzwe irondo bakangure ababa basinziriye, babashishikarize kuva mu nzu zabo, bimukire ahantu hatuma badahura n’ibibazo.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere, na cyo kigaragaza ko mu minsi 10 ya mbere y’uku kwezi kwa 5, hateganyijwe imvura iri hejuru  ugereranyije n’imvura yaguye mu gice cya gatatu cy’ukwezi kwa 4.

Imvura nyinshi kandi ikazagaragara mu bice by’uturere twa Rusizi, Nyamasheke, Karongi, Rutsiro, Ngororero, Rubavu, Nyabihu, Gakenke, Musanze, Burera, Gicumbi, igice gito cyo mu burengerazuba bwa Nyagatare no mu majyepfo ya Kirehe.

You Might Also Like

Perezida Kagame yerekanye inkingi 3 Afurika yakubakiraho ikagira umutekano usesuye/AMAFOTO

Gushyira mu ikoranabuhanga inyandiko z’Inkiko Gacaca bizarangira mu 2026

RGB yahagaritse by’agateganyo amasengesho abera ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe

360 Mubari barafashwe bugwate na FDLR batangiye gutaha

Perezida Kagame yeretse abanyeshuri ba Kaminuza ya Havard amateka abanyarwanda banyuzemo

igire May 3, 2023 May 3, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Barasaba ko umuhanda uhuza Ngororero na Rutsiro ukorwa
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?