Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Abanyamuryango ba RSSB barasaba ko amafaranga ya pansiyo bahabwa yakongerwa
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Abanyamuryango ba RSSB barasaba ko amafaranga ya pansiyo bahabwa yakongerwa

igire
igire Yanditswe September 19, 2023
Share
SHARE

Abanyamuryango b’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB bari mu kiruhuko cy’izabukuru barasaba ko amafaranga ya pansiyo bahabwa yakongerwa kuko atakijyanye n’ibiciro ku isoko.

Ibi babishingira no kuba uru rwego ruvuga ko rukomeje kunguka.

Muri 2013 ni bwo Ndamyabera Fiacre yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, kuva ubwo yatangiye guhabwa umushahara we wa buri kwezi bitewe n’uko yiteganyirije.

We na mugenzi we Gatsinzi Didace uzajya mu kiruhuko cy’izabukuru mu Kuboza uyu mwaka, bombi bavuga ko batewe impungege n’uburyo ubuzima bukomeza guhenda nyamara amafaranga bahabwa ya pansiyo agakomeza kuba amwe.

Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda RSSB ruherutse kugaragaza ko ishoramari ryarwo ryungutse amafaranga asaga miliyari 287.5, na ho imisanzu yatanzwe n’abanyamuryango izamuka kuri 24% ndetse n’umutungo wa RSSB wiyongeraho 16% kuko wagize agaciro ka miliyari 2,006.

 

Impuguke mu by’ubukungu, Straton Habyarimana yemeza ko igihe cyose urwego rw’ubwiteganyirize ruvuga ko ishoramari yarwo ryungutse, n’imibereho y’abanyamuryango batanze imisanzu yakagombye guhinduka.

Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Rugemanshuro Regis avuga ko hari inyigo yakozwe igamije kureba umuti w’iki kibazo.

Inyungu ku ishoramari rya RSSB yazamutseho 6% muri 2022/2023 mu gihe intego uru rwego rwihaye ari ukugeza kuri 15% by’inyungu ku ishoramari rya RSSB bitarenze mu 2025.

Mu mwaka wa 2022/2023 imitungo ya RSSB ingana na 13% ni yo yashowe mu nyubako n’ibibanza, 31% yawo ushorwa mu migabane na ho 54% yandi ashorwa mu mishinga itanga inyungu zihoraho.

You Might Also Like

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

Umusaruro w’inganda wazamutseho 5% muri Werurwe 2025

U Rwanda mu nzira yo gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peretoli litiro miliyoni 334

U Rwanda na PSG byongereye amasezerano y’imikoranire kugeza mu 2028

igire September 19, 2023 September 19, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?