Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Abanyarwanda bibukijwe ko kwimakaza isuku bidakwiye gutegereza kwaduka kw’ibyorezo
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Abanyarwanda bibukijwe ko kwimakaza isuku bidakwiye gutegereza kwaduka kw’ibyorezo

igire
igire Yanditswe July 31, 2024
Share
SHARE

Abafatanyabikorwa ba Leta y’u Rwanda mu bijyanye no guteza imbere isuku n’isukura, bagaragaje ko umuco wo gukaraba intoki n’isuku muri rusange wajya witabwaho mu bihe byose, aho kubishyiramo imbaraga ari uko hadutse indwara z’ibyorezo.

Icyorezo cy’ubushita bw’inkende kirimo kuvugwa mu Karere u Rwanda ruherereyemo gitangiye gutuma abaturage bongera gutekereza ku bukarabiro rusange.

Ahenshi hari harashyizwe ubu bukarabiro ntihagikoreshwa nubwo hari bamwe bakomeje kujya bakaraba intoki mu gihe binjiye aho byasabwaga mu gihe cya Covid-19.

Ku wa Kabiri, tariki ya 30 Nyakanga 2024, abafatanyabikorwa ba Leta banyuranye bahuriye mu biganiro barebera hamwe uburyo igikorwa cy’isuku muri rusange no gukaraba intoki by’umwihariko byakongerwamo imbaraga.

Abari muri ibi biganiro banenga uburyo gukaraba intoki bishyirwamo imbaraga mu gihe cy’ibyorezo gusa.

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga Water Aid, Vestine Mukeshimana, yavuze ko bateganya gushyira miliyari 25 z’amafaranga y’u Rwanda mu bikorwaremezo by’amazi, isuku n’isukura mu gihe cy’imyaka itanu.

Amafaranga azatangwa na Water Aid aziyongera ku y’abandi bafatanyabikorwa barimo Réseau des Femmes nk’uko byemezwa n’Umuyobozi wayo Uwimana Xaverine.

Ubushakashatsi bwerekana ko gukaraba intoki hakoreshejwe amazi meza n’isabuni bigabanya indwara z’impiswi ku gipimo cya 40%.

Umuco wo gukaraba intoki kandi wariyongereye uva kuri 4.4 mu 2015 ugera kuri 25% mu 2020 nk’uko ubushakashatsi bwa 6 ku buzima n’Imibereho y’Abaturage (DHS 2020) bwabyerekanye.

 

You Might Also Like

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

Umusaruro w’inganda wazamutseho 5% muri Werurwe 2025

U Rwanda mu nzira yo gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peretoli litiro miliyoni 334

U Rwanda na PSG byongereye amasezerano y’imikoranire kugeza mu 2028

igire July 31, 2024 July 31, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?