Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Abari abanyamigabane ba  BPR bagiye guhabwa imigabane yabo
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Abari abanyamigabane ba  BPR bagiye guhabwa imigabane yabo

igire
igire Yanditswe July 7, 2023
Share
SHARE

Abari abanyamigabane ba  BPR bagiye guhabwa imigabane yabo
Banki  y’Abaturage  y’u Rwanda (BPR) itangaza ko abahoze ari abanyamuryango bayo kuva muri Kanama 1975 kugeza muri Nyakanga 2007, bagana Ishami ribegereye bakabona uko bagira uburenganzira ku migabane yabo kuko uwafunguraga konti yahitaga aba umunyamigabane.

Mu itangazo rya Banki y’Abaturage y’u Rwanda yashyize ahabona ku ya 5 Nyakanga 2023, abari abanyamuryango ba Banki z’Abaturage kuva muri Kanama 1975 kugeza muri Nyakanga 2007.

Iryo tangazo rikomeza risaba ko abatariyandikisha mu buryo bwuzuye nk’abanyamigabane ba Banki, kugera ku Ishami ribegereye mbere y’italiki ya 30 Nzeli 2022 bagatanga cyangwa bakuzuza umwirondoro wabo n’aho babarizwa.

Mu koroshya imigendekere myiza y’iki gikorwa, abanyamigabane barasabwa kwegera ahari Ishami rya BPR Bank Rwanda Plc riri hafi yabo, bagasaba umukozi ushinzwe kwakira abakiliya ko abafasha kureba niba bari ku rutonde rw’abanyamuryango, kuri ubu bitwa abanyamigabane.

Bakomeza bamenyesha ko umuntu asanze ari ku rutonde rw’abanyamigabane, asabwa gutanga umwirondoro we n’aho yafatiye ibimuranga, nimero za telefone na imeli. Mu gihe asanze hari ikosa mu myandikire y’amazina ye, cyangwa se hari ikinyuranyo mu mibare y’imigabane ye, yabimenyesha umukozi wamwakiriye kugira ngo abikosore.

Mu gihe umuntu asanze atari ku rutonde rw’abanyamigabane, asabwa gutanga icyemezo kigaragaza ko koko ari umunyamigabane.

Niba yari umunyamigabane wa Banki z’Abaturage zirenze imwe, asaba kureberwa ko ari ku rutonde rwaho maze hakubahirizwa ibireba abanyamigabane.

Iryo tangazo kandi rikomeza rimenyesha ko niba umuntu afite uwo mu muryango we (uwo mwashakanye, umwana, …), akeka ko yari umunyamuryango w’imwe muri Banki z’Abaturage kubimumenyesha kimwe no kuba yaba yaritabye Imana, yamenyesha umuzungura we akaza kwiyandikisha yitwaje icyemezo kimwemerera kuzungura.

Igikorwa cyo kuzuza amakuru ku bantu bari bafite konti muri Banki y’Abaturage y’u Rwanda kizakorerwa ku mashami yose ya BPR Bank Rwanda kuva taliki ya 10 Nyakanga kugeza taliki ya 16 Nzeri uyu mwaka.

Uzaza kuzuza amakuru azitwaza Indangamuntu ye na shekiye cyangwa agatabo ka banki bigaragaza ko konti ari iye. Umuzungura wa ny’iri Konti azitwaza Indangamuntu y’umuzungura n’icyemezo cy’uwapfuye gitangwa n’Inzego z’ibanze. Uhagarariye Ikigo, Koperative, cyangwa Ishyirahamwe na we azitwaza Indangamuntu ye n’agatabo ka banki.

Uko gahunda yo kwiyandikisha iteye

Intara y’Iburengerazuba baziyandikisha kuva taliki ya 10-21 Nyakanga 2023, Intara y’Iburengerazuba ni ukuva ku italiki ya 24-07 Kanama, Intara y’Amajyaruguru ni ukuva taliki ya 9-17 Kanama 2023, Intara y’Iburasirazuba ni uguhera taliki ya 19 Kanama kugeza ku ya   1 Nzeri naho Umujyi wa Kigali ni ku ya 4-16 Nzeri.

You Might Also Like

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

igire July 7, 2023 July 7, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?