Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Abasenyewe n’intambi z’urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo barasaba gusanirwa
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Mu Rwanda

Abasenyewe n’intambi z’urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo barasaba gusanirwa

igire
igire Yanditswe January 6, 2023
Share
SHARE

Bamwe mu baturage basenyewe n’intambi zatewe n’iyubakwa ry’urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo, barifuza ko ibyo basezeranijwe ko bagomba gusanirwa inzu zabo byakubahirizwa mbere y’uko imirimo yo kubaka uru rugomero isozwa.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe bwizeza gukosora amakosa ayo ari yo yose yaba yarakozwe mu bikorwa byo gusana inzu zangijwe n’imirimo ifite aho ihuriye no kubaka uru rugomero.

Ni abaturage bo mu mudugudu wa Rusumo Border ahegereye aharimo kubakwa urugomero rw’amashyarazi ahuriweho n’u Rwanda, U Burundi na Tanzania.

Basobanura ko ubwo imirimo yo kubaka uru rugomero yari irimbanije, ngo mbere yo guturitsa intambi babanje gusurwa ndetse bamenyeshwa ko inzu zabo zizagirwaho ingaruka.

Inzu 20 nizo ku ikubitiro zahise zangirika aho ba nyirazo bijejwe ko zigomba gusanwa ariko ngo zimwe zigasanwa igice izindi ntizigire icyo zikorwaho, ibitera impungenge ko igihe icyo ari cyo cyose izi nzu zabagwaho.

Usibye inzu 20 zagaragaye ku ikubitiro ko ari zo zangijwe n’intambi, habarurwa izindi nzu 63 zitabaruwe mu cyiciro cya kabiri kandi nazo bigaragara ko igihe icyo ari cyo cyose zashyira ubuzima bw’abazituyemo mu kaga kuko hari n’abacumbikishirijwe hirindwa ko zabagwaho.

Abo inzu zabo zangiritse barifuza ko iki kibazo cyarangizwa mbere y’uko imirimo yo kubaka uru rugomero isozwa dore ko biboneka ko igeze kure.

Ikindi aba baturage bagaragaza ni uko amafaranga basinyira ku masezerano yo gusanirwa atabageraho ahubwo ngo yose ahabwa rwiyemezamirimo akaba ari we ugena uko akoreshwa aho bavuga ko akoresha make ashoboka bityo ngo nabyo babifata nko guhezwa mu bikorwa bibareba.

Umuyobozi w’Akarere  ka Kirehe, Rangira Bruno asobanura ko ubuyobozi butirengagije ikibazo cy’aba baturage kuko bigaragara ko basenyewe n’intambi, bukizeza ko n’ahaba hari amakosa azakosorwa mu gihe cyihuse ntawe ubirenganiyemo.

Abangirijwe n’intambi zaturikijwe hubakwa urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo bifuza ko ikibazo cyabo cyava mu nzira kuko ngo abaturanyi babo amazi y’umugezi w’akagera yangirije imyaka kubera iyubakwa ry’uru rugomero bamaze kwishyurwa inshuro 2 ingurane bemererwa n’amategeko.

 

You Might Also Like

Виртуальный портал 1win зеркало online: наполненный каталог тайтлов с бонусными спинами

Rutsiro: Kutagira umuriro bituma abatuye Sure batiteza imbere uko bikwiye

Online Casino games

1Вин зеркало на данный момент диалоговый

Melbet: Бонусы, промокоды а еще действия абсолютно все, чего бог велел большой свет!

igire January 6, 2023 January 6, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?