Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Abasirikare 3 ba RDC binjiye mu Rwanda umwe araraswa
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Abasirikare 3 ba RDC binjiye mu Rwanda umwe araraswa

igire
igire Yanditswe January 16, 2024
Share
SHARE
Ahagana saa saba n’iminota 10 z’ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Mutarama 2024, abasirikare batatu ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) binjiye ku butaka bw’u Rwanda bafite imbunda zabo, bafatwa n’Ingabo z’u Rwanda, umwe ashatse kurwana araraswa arapfa.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwemeje ayo makuru buvuga ko abandi basirikare babiri ari bo Sgt. Asman Mupenda Termite w’imyaka 30, Corporal Anyasaka Nkoi w’imyaka 28, bahise bafatwa n’abasirikare b’u Rwanda bafatanyije n’abanyerondo.

RDF yatangaje ko abo basirikare bbafatiwe mu Mudufugu wa Isangano, Akagari ka Rukoko, Umurenge wa Rubavu, bakaba bafatanywe imbunda imwe yo mu bwoko bwa AK-47, magazini enye zarimo amasasu 105

Abo basirikare ba RDC kandi bafatanywe n’amasashe yarimo urumogi, bambaye n’ijile imwe ya antiballes, umusirikare wa gatatu we yarashwe ubwo yarasaga ku bamuhagaritse.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwavuze ko ku ruhande rw’u Rwanda nta wishwe cyangwa ngo akomereke, bukanizeza abaturage cyane cyane abaturiye imipaka ko inkiko z’u Rwanda zirinzwe.

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire January 16, 2024 January 16, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?