Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Abaturage basabwe gutunga agatoki abacuruzi badakoresha iminzani ipima gaz
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Abaturage basabwe gutunga agatoki abacuruzi badakoresha iminzani ipima gaz

igire
igire Yanditswe March 27, 2025
Share
SHARE

Ikigo cy’Igihugu Gitsura Ubuziranenge (RSB) cyagaragaje ko buri mucuruzi wa gaz agomba kuba afite umunzani upima ibilo mbere yo kuzicuruza ku bakiliya, kinibutsa ababona abatabikora kubatunga agatoki.

Bamwe mu bakoresha gaz mu guteka bo mu Mujyi wa Karongi bavuga ko nta makuru bafite y’uburyo bamenya niba yuzuye mbere yo kuyigura, bagakeka ko hashobora kubamo n’uburiganya.

Muri ubu bucuruzi, hari ababa bafite iminzani n’abatayifite ndetse abayikoresha bavuga ko bibarinda amakimbirane n’abakiliya babo.

Umukozi mu Ishami rishinzwe ingero n’ibipimo mu Kigo cy’Igihugu gitsura Ubuziranenge, RSB, Kabalisa Placide, yavuze ko abaturage bakwiye kujya basaba gupimirwa ibilo bya gaz mbere yo kuyigura ndetse bakagaragaza n’abacuruzi batabikora.

Itegeko ryo mu mwaka wa 2020 rigenga ingero n’ibipimo mu Rwanda, mu ngingo yaryo ya 14 na 15, rivuga ko umuntu wese, ukoresha ingero n’ibipimo nabi, ukoresha ibitujuje ubuziranenge, ibidafite ibimenyetso bibyemeza, ibitagenzuwe cyangwa ibitemewe gukoreshwa, ahanishwa ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda itari munsi y’ibihumbi 100 Frw ariko itarenze miliyoni 2 Frw kandi ibyo bikoresho bigahagarikwa gukoreshwa kugeza igihe byujurije ingero n’ibipimo bisabwa.

Ni mu gihe ukora igikoresho gipima kitujuje ibisabwa n’iri tegeko, ihazabu ahanishwa igera kuri miliyoni 2 Frw ariko itarenze miliyoni 10 Frw.

 

You Might Also Like

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

Umusaruro w’inganda wazamutseho 5% muri Werurwe 2025

U Rwanda mu nzira yo gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peretoli litiro miliyoni 334

U Rwanda na PSG byongereye amasezerano y’imikoranire kugeza mu 2028

igire March 27, 2025 March 27, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?