Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

igire
igire Yanditswe May 12, 2025
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yagaragaje ko Afurika ifite byinshi byayiteza imbere ariko ikibazo ari ukumenya ibyo abayituye bagomba gukoresha, kugira ngo bagere kuri iryo terambere.Ibi yabigarutseho munama ya Africa CEO Forum yabereye muri Côte d’Ivoire

Yagize ati “Dufite mu maboko yacu icyo twakwifuza gukora cyose, kandi tukabyungukiramo. Ku rundi ruhande ariko, tuba tuniteze ko hari uwaza kugira ngo adukorere ibyo twifuza, ibyo bizakomeza gutyo kugera ryari?”

Yungamo ati “Dufite ubumenyi, intumbero, umutungo kamere, inzego, Afurika yari ikwiye kuba iri imbere y’aho turi ubu, kandi ntabwo twari dukwiye kwirara ko hari icyakozwe hano cyangwa hariya, dukwiye gukora ibyo tugomba gukora, kandi dufite igisabwa cyose kugira ngo bikorwe.”

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo cyo kuba uwo mugabane utagera ku itarambere wagakwiye kuba uriho.

Muri iyi nama kandi Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yagaragaje ko hari abatekereza ko afitanye ikibazo na Perezida Paul Kagame, ariko ko ari ukwibeshya.

Ati “Abantu bashobora gutekereza ko njye na Perezida Kagame dufitanye amakimbirane, ndetse bamwe muri mwe mushobora gutekereza ko hashobora kwaka umuriro mu gihe twicaye twegeranye.”

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka y’iyo nama igira iti “Afurika mu Isi Ishingiye ku Mibanire Ibarirwamo Inyungu.

AMAFOTO : Village Urugwiro

You Might Also Like

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

Amb. Bizimana yashyikirije Perezida wa Senegal impampuro zo guhagararira u Rwanda

igire May 12, 2025 May 12, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?