Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Aborozi b’Inka mu nzuri za Gishwati barishimira ko umukamo wiyongereye n’igiciro kikaba ari cyiza
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Aborozi b’Inka mu nzuri za Gishwati barishimira ko umukamo wiyongereye n’igiciro kikaba ari cyiza

igire
igire Yanditswe January 7, 2023
Share
SHARE

Aborozi  b’Inka mu nzuri za Gishwati mu Murenge wa Muringa muri Nyabihu, baravuga ko bishimira ko umukamo wiyongereye n’igiciro kikaba ari cyiza, hejuru y’ibyo banejejwe n’uko batakivunwa no kugeza amata aho utunganyirizwa ku ruganda kuko Mukamira Dairy iza kuyifatira ku ikusanyirizo riri hafi y’ibikuyu bororeyemo.

Mu nzuri za Gishwati muri muri Muringa, aborozi b’inka dusanze bari gukama, barishimira umukamo wiyongereye, ikirere cyababereye cyiza ari nako kandi bananejejwe n’igiciro gihagaze neza.

Iyo bahumuje barayabanjura, bitarenze saa yine za mugitondo akaba yagejejwe ku ikusanyirizo rya Nyirabihururu aho apimwa ubuziranenge, ubundi imodoka za Mukamira zikayajyana ku ruganda aho atunganyirizwa.

Umucungamutongo w’iri kusanyirizo, Rwajonge Theoneste avuga ko aho igiciro cy’amata kizamutse litiro y’amata ikagura 300 frw  akanyamuneza ku borozi ari kose kandi ntayo bakigurisha magendu.

Nubwo imodoka za Mukamira Dairy ziza gutwara amata, ntizigera neza aho ikusanyirizo riri bitewe n’imihanda ikirimo gukorwa, ariyo mpamvu uyu mucungamutungo asaba aborozi kumva neza hashingiwe ku bwumvikane bagiranye, ikiguzi gito cy’ubwikorezi bakatwa .

Ku kibazo cy’iyi mihanda, Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu,  Habanabakize Jean Claude avuga ko iri gukorwa, bitarenze uyu mwaka izaba yarangiye.

Kuva aho imihanda yo mu bikuyu  bya Gishwati ku gice cya Nyabihu itangiriye gukorwa, byatumye umukamo w’amata wiyongera, byorohereza uruganda rwa Mukamira, ingano y’amata rwakiraga irazamuka igera kuri litiro  hagati y’ibihumbi 30 na 40 ku munsi ivuye kuri litiro ibihumbi 20 ku munsi.

 

You Might Also Like

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

Umusaruro w’inganda wazamutseho 5% muri Werurwe 2025

U Rwanda mu nzira yo gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peretoli litiro miliyoni 334

U Rwanda na PSG byongereye amasezerano y’imikoranire kugeza mu 2028

Abadepite basabiye urubyiruko rw’amikoro make n’abarengeje imyaka 65 guhabwa inguzanyo ya VUP

igire January 7, 2023 January 7, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?