Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Abu Dhabi: Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku iterambere rirambye
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Abu Dhabi: Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku iterambere rirambye

igire
igire Yanditswe January 14, 2025
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame ari mu Mujyi wa Abu Dhabi mu Bihugu byunze Ubumwe by’Abarabu, aho yitabiriye inama yiga ku iterambere rirambye, akaba yakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga wa UAE, Sheikh Shakhboot Bin Nahyan Al Nahyan.

Abu Dhabi Sustainability Week ni inama mpuzamahanga iganirirwamo ibikorwa bigamije iterambere rirambye.

Iyi nama imara icyumweru izayoborwa na Perezida wa UAE, Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan, yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu bitandukanye, abashinzwe ibikorwa by’igenamigambi, abahanga mu by’inganda no mu ikoranabuhanga.

Ku wa Kabiri, Perezida Kagame azifatanya na Perezida wa UAE, Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan n’abandi bakuru b’ibihugu, abafata ibyemezo, abanyacyubahiro n’abandi bayobozi batandukanye mu gutangiza iyi nama.

Perezida Kagame ari no mu bakuru b’ibihugu bazatanga ibihembo biyitangirwamo bizwi nka Zayed Sustainability Prize bizaba bibaye ku nshuro ya 16, hakazahembwa imishinga mito n’iciriritse, imiryango idaharanira inyungu, ndetse n’amashuri yagaragaje udushya n’ibindi bikorwa.

 

You Might Also Like

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

Madamu Jeannette Kagame asanga ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera ari ingenzi

igire January 14, 2025 January 14, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Шесть основных ориентиров для определения доверенного интернет-казино
betting

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?