Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Bamwe mu basezeye umwuga w’ubwarimu barifuza kuwusubiramo
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Bamwe mu basezeye umwuga w’ubwarimu barifuza kuwusubiramo

igire
igire Yanditswe January 22, 2024
Share
SHARE

Umuyobozi w’Urwego rw’Uburezi bw’Ibanza, REB, Dr. Nelson Mbarushimana yavuze ko gahunda zashyizweho na leta mu kwita ku mibereho y’abarimu, zituma benshi mu bari baravuye muri uyu mwuga bifuza kuwugarukamo.

Yabigarutseho kuri iki Cyumweru tariki 21 Mutarama 2024, ubwo yari mu kiganiro ‘Kubaza Bitera Kumenya’ cya Radio Rwanda. Ni ikiganiro cyagarutse ku bimaze gukorwa mu kubaka no guteza imbere urwego rw’uburezi mu myaka 30 ishize.

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, uburezi ni rumwe mu nzego zari zikeneye kwitabwaho hakubakwa uburezi n’uburere bw’abana b’u Rwanda ari nako hitabwa ku ireme ry’ibyo bigishwa ndetse n’imibereho myiza y’abarimu batanga ubwo burezi.

Byose byari bigamije kugira ngo abarimu bakunde umwuga wabo, bityo n’ireme ry’ibyo batanga ribashe kuzamuka umunsi ku munsi.

Dr Mbarushimana yavuze ko abarimu basigaye bakunda kwigisha ari nabyo bituma babasha gutuma n’imyigire y’abo bigisha igenda neza, bityo abava mu ishuri bakaba bagabanuka.

Yagize ati “Abarimu basigaye bakunze n’uyu murimo wo kwigisha aho usanga hari gahunda zikorwa buri munsi, kubarura abanyeshuri baje, abayobozi b’amashuri batwoherereza raporo.”

Yakomeje agira ati “Kubera ko tuba twifuza ko uko umwana atangiye igihembwe, ariko anakirangiza. Izo raporo turazibona kandi n’iyo hagize umwana umara icyumweru ataza ku ishuri, tuvugana n’ababyeyi bityo akaba yagaruka mu ishuri.”

Dr Mbarushimana yavuze ko muri byinshi leta y’u Rwanda yakoze kugira ngo abarimu bakomeze kwishimira akazi k’ubwarimu harimo kuzamura imishahara n’ibindi.

Ubusanzwe leta yari yarashyizeho inyongera ya 10% by’umushahara wa mwarimu buri mwaka ariko mu 2022, yafashe icyemezo cyo kuwongera mu buryo bugaragara.

Kuri ubu umwarimu utangiye akazi afite impamyabumenyi y’amashuri yisumbuye (A2), ahembwa 108.488 Frw, avuye kuri 57.639 Frw. Uhemberwa impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza A0 yavuye ku 176.189 Frw , agera kuri 246.384 Frw.

Ibindi byakozwe harimo gushyiraho Koperative Umwarimu Sacco, aho kuri ubu mwarimu ashobora kubona inguzanyo mu buryo bworoshye.

Dr Mbarushimana ati “Ku buryo ubu ngubu dusigaye tubona abantu benshi bifuza gusubira muri aka kazi ko kwigisha. Nk’umwaka ushize, hari ababisabaga benshi banditse bashaka gusubira mu mwuga wo kwigisha.”

“Bivuze ko ubu ngubu abanyeshuri bari kubona abarimu babishaka, babafasha kuguma no mu ishuri.”

Leta y’u Rwanda kandi yashyizeho Sitati y’abarimu, amahugurwa bahabwa umunsi ku munsi ndetse bakaba barashyiriweho uburyo bwo gufasha abarimu mu kuzamuka mu nzego.

Abarimu kandi bashyiriweho uburyo bwo kongera ubumenyi aho ababa batarize kaminuza bafashwa kwiga bishyurirwa na leta mu gihe abayirangije nabo bafashwa gukomeza mu bindi byiciro.

 

You Might Also Like

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

Umusaruro w’inganda wazamutseho 5% muri Werurwe 2025

U Rwanda mu nzira yo gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peretoli litiro miliyoni 334

U Rwanda na PSG byongereye amasezerano y’imikoranire kugeza mu 2028

igire January 22, 2024 January 22, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?