Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: bigo bya Leta bikodesha bigiye kubakirwa inyubako byose bizimukiramo
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

bigo bya Leta bikodesha bigiye kubakirwa inyubako byose bizimukiramo

igire
igire Yanditswe February 17, 2025
Share
SHARE

Ibigo bya Leta na Minisiteri bikodesha aho bikorera n’ibiri ahantu hatajyanye n’icyerekezo cy’u Rwanda, bigiye kubakirwa aho gukorera, ibi bikazafasha Igihugu kuzigama amafaranga agera kuri miliyari 14 Frw yabitangwagaho buri mwaka.

Iyi nyubako izashyirwa ku butaka bufite ubuso bwa metero kare zigera ku bihumbi 100 buturuka ku cyicaro cy’Urwego rw’Umuvunyi kugera ku nyubako ikoreramo ibiro bya Minisitiri w’Intebe, ku Kimihurura mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire, Alphonse Rukaburandekwe, agaragaza ko uyu mushinga nurangira hazimukiramo ibigo bya leta na Minisiteri bigera kuri 45.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Olivier Kabera, yasobanuye ko iyi nyubako izanafasha mu kunoza serivisi no kubungabunga ubuzima bw’abakozi ba Leta bakoreraga ahantu hatajyanye n’igihe.

Minisiteri y’Ibikorwaremezo igaragaza ko buri mwaka Leta yishyura miliyari 14 Frw yo gukodesha inyubako zikoreramo n’ibigo na minisiteri bidafite inyubako zabyo bwite zo gukoreramo. Biteganyijwe ko iyi nyubako igiye kubakwa izarangira mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2028-2029 ikazubakishwa amafaranga yatangwaga mu bukode.

 

 

 

You Might Also Like

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

Umusaruro w’inganda wazamutseho 5% muri Werurwe 2025

U Rwanda mu nzira yo gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peretoli litiro miliyoni 334

U Rwanda na PSG byongereye amasezerano y’imikoranire kugeza mu 2028

igire February 17, 2025 February 17, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?