Mark Carney yatorewe kuba Minisitiri w’Intebe mushya wa Canada, aho yiyemeje gutsinda intambara y’ubucuruzi hagati ya Canada na Leta Ubumwe za Amerika, nyuma y’aho Perezida Trump atangaje ko azazamura imisoro ku bicuruzwa biva muri Canada.
Minisitiri Mark yagizwe Minisitiri w’Intebe, nyuma yo gutorerwa kuyobora ishyaka riharanira ukwishyira ukizana, Parti Liberal mu matora yabaye ku Cyumweru.
Asimbuye Justin Trudeau weguye kuri uyu mwanya tariki 6 z’ukwezi kwa Mbere muri uyu mwaka.
Mark witegura kurahirira izi nshingamo mu minsi iri imbere, yavuze ko Canada nayo izongera imisoro ku bicuruzwa byose bituruka muri Amerika, kugeza igihe Amerika nayo yubashye Canada.