Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Denis Mukwege: Menya uyu muganga wize mu Burundi na France akamamara ku isi ubu ushaka gutegeka DR Congo
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Amakuru

Denis Mukwege: Menya uyu muganga wize mu Burundi na France akamamara ku isi ubu ushaka gutegeka DR Congo

igire
igire Yanditswe October 2, 2023
Share
SHARE

Denis Mukwege: Menya uyu muganga wize mu Burundi na France akamamara ku isi ubu ushaka gutegeka DR Congo

Dr Denis Mukwege azwiho kudaceceka imbere y’ibibazo bya politike mu gihugu cye, ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DR Congo, no kuvuga ku nkomoko yabyo, ariko icyo azwiho cyane ni ukuvura abagore cyane cyane bafashwe ku ngufu bakanangizwa imyanya ndagagitsina muri ibi bibazo by’umutekano mucye iwabo.

Ibyo byatumye ahabwa igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel mu 2018, ariko kandi ni umwe mu bantu bafite ibihembo byinshi yahawe ahantu henshi, ndetse n’impamyabumenyi z’icyubahiro yahawe na kaminuza zirenga 15 z’ahatandukanye ku isi.

Uyu munsi urugendo rwe rwafashe irindi korosi, arashaka gutegeka Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bisobanuye ko noneho mu buryo bweruye uyu muganga w’inzobere mu ndwara z’imyanya ndagatsina y’abagore yinjiye muri politike.

Mu minsi ishize abaturage bakusanyije miliyoni zigera ku 160 z’amafaranga ya Congo nk’inkunga yabo kugira ngo bamwishyurire ‘caution’ isabwa umukandida ku mwanya w’umukuru w’igihugu.

Mu cyumweru gishize ari muri Amerika aho yahawe impamyabumenyi y’icyubahiro na Kaminuza ya Morehouse y’i Atlanta, yatangaje ko mu gihugu cye hari umwuka mubi mbere y’amatora.

Mu 2020, Perezida Tshisekedi yakiriye Mukwege i Kinshasa mu nama ngishwanama, ubu bazaba bahatanye mu matora                       

Amatora ya perezida wa DR Congo ateganyijwe tariki 20 Ukuboza(12) uyu mwaka aho Perezida Felix Tshisekedi uriho yatangajwe nk’umukandida w’ishyaka rye, abandi bakandida nabo bakaba bamaze iminsi batangaza ko bazahatanira uyu mwanya.

Ari i Atlanta, Dr Mukwege yagize ati: “Ibintu byifashe nabi mbere y’amatora kuko abantu batizeye ubwigenge bwa komisiyo y’amatora, n’urukiko rurengera itegekonshinga. Hari kandi kubangamira demokarasi no kugerageza kubuza abakuru b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi kwiyamamariza umwanya wa perezida.”

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire October 2, 2023 October 2, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?