Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Gicumbi: Abagabo 7 batawe muri yombi bakekwaho gusambanya abangavu
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubutabera

Gicumbi: Abagabo 7 batawe muri yombi bakekwaho gusambanya abangavu

igire
igire Yanditswe December 11, 2024
Share
SHARE

Abagabo barindwi bo mu Murenge wa Giti mu Karere ka Gicumbi bamaze gutabwa muri yombi mu byumweru bibiri bishize bakekwaho gusambanya abana b’abakobwa batujuje imyaka y’ubukure.

Ababyeyi bo mu Murenge wa Giti bavuze ko batewe isoni no kuba hari bamwe bagira uruhare rutaziguye mu gutuma abana babo bagwa mu mutego wo gusambanywa, bakaba biyemeje kwisubiraho.

Amakuru y’itabwa muri yombi ry’aba bagabo yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Giti, Bangirana Jean Marie Vianney.

Amakuru y’itabwa muri yombi ry’aba bagabo yaturutse ku gisa n’umukwabu wakozwe mu minsi ishize binyuze mu bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Umuryango ARCT Ruhuka wita ku buzima bwo mu mutwe wagize uruhare rukomeye mu kugaragaza iki kibazo.

Mu gusoza ubu bukangurambaga, ARCT Ruhuka yakoranye n’abaturage mu rugendo rwo kwamagana ihohoterwa ndetse mu izina ryawo, Umubyeyi Regine avuga ko bibabaje kubona bamwe mu babyeyi basa n’abatitaye ku buzima bw’abana babo.

Umuryango ARCT Ruhuka wavuze ko mu biha icyuho ihohoterwa rishingiye ku gitsina harimo uburangare bw’ababyeyi, amakimbirane yo mu rugo no kutamenya ubuzima bw’abana.

Ababyeyi bo mu Murenge wa Giti bahigiye kwikubita agashyi bakareka kurangarana abana babo.

Abagabo barindwi batawe muri yombi bakwekwaho gusambanya abana bane.

You Might Also Like

Rubavu: Abasore 2 bafatanywe udupfunyika 2 000 tw’urumogi

Musanze: Habereye igikorwa cyo kumurika amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Gasabo: Abadepite bakirijwe ikibazo cy’abimuwe mu manegeka bakaba bakishyuzwa imisoro

M23 yashyizeho abayobozi b’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru

Hitegwe iki ku nama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC na SADC?

igire December 11, 2024 December 11, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?