Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Gisagara: Abatuye muri Duwane barasaba gukizwa abajura babahungabanyiriza umutekano
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Gisagara: Abatuye muri Duwane barasaba gukizwa abajura babahungabanyiriza umutekano

igire
igire Yanditswe May 18, 2023
Share
SHARE

Abatuye n’abaturiye ahitwa muri Duwane mu Karere ka Gisagara, babarizwa mu Tugari twa Duwane na Bweya mu Mirenge ya Kibilizi na Ndora, bavuga ko bari basanzwe bumva badatekanye kubera abajura batoboraga inzu, ariko ko barushijeho guhangayika aho biciye umuturanyi wabo, bagasaba gutabarwa.

Uwishwe ni umugore ngo watewe n’abajura bishakiye inzira mu rukuta rwo mu gikari cy’iwe, bamusanga mu rugo yari asohotse bakamukubita ikintu mu mutwe agahita apfa, mu ijoro ryo ku wa gatatu rishyira uwa kane w’icyumweru gishize.

Ibi byabaye kandi ngo yari amaze iminsi avuga ko aterwa n’abajura nijoro, bashaka kumutwara ingurube n’inka yari aragiriye abaturanyi, yatabaza ntihagire umutabara, icyakora akabasha kubatesha. Bamwishe bari baje ubwa kane.

Umwe mu batuye muri ako gace witwa Macumi, avuga ko bari bamaze amezi atatu bataka abajura babatera nijoro, bagatobora inzu, bakifuza ko hagira igikorwa mu kubarwanya ariko ntibakibone.

Agira ati “Dufite ubwoba bwinshi cyane ha handi umuturage avuga ati umuntu azajya ajya mu nzu abare ubukeye, nashaka no kwitunganya ashake aho abikorera mu nzu. Ubu nta gusohoka hanze kuko nta gutabarana kuriho, nta n’irondo.”

Umubyeyi wari uturanye na nyakwigendera ari na we wari waramuragije ingurube na we ati “Duheruka kugira umutekano abasirikare bagikambitse kuri Duwane, kuko ari bwo abajura bataduteraga.”

Macumi yungamo ati “Twebwe icyo twifuza ni uko inzego zo hejuru zaza zikongera gushishikariza abaturage kujya batabarana, kandi bagatangira amakuru ku gihe, n’amarondo akararwa, wenda ubwo bwicanyi n’impungenge abaturage bafite muri ino minsi byagabanuka.”

Ku wa gatanu w’icyumweru gishize kandi, mu Kagari ka Cyamukuza mu Murenge wa Ndora na ho, habonetse umuhungu na nyina bari bamaze iminsi bapfiriye mu nzu, bikaba bivugwa ko bashobora kuba barishwe na mwene wabo wari waje kubasura ku wa mbere, aturutse mu mujyi i Huye, akaba ngo yaba yarabakubise inyundo mu mutwe ku wa gatatu, hanyuma agasiga afunze inzu barimo.

Hari hashize icyumweru kandi muri aka Kagari ka Cyamukuza, habonetse umuntu waciwe ururimi anakurwamo amaso.

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Jérôme Rutaburingoga, avuga ko mu bishe umudamu wo muri Duwane, hari uwafashwe kuko yari yahataye indangamuntu. Ngo atuye mu mujyi i Huye.

Na we kandi yemera ko kutarara amarondo no kudatanga amakuru ku gihe, biri mu bituma abatuye muri Duwane baterwa cyane n’abajura, ari na yo mpamvu bafashe ingamba zo kubikosora.

Ati “Hari uburyo abantu basabwa kurinda ibyabo, ariko nanone no kumenya inzererezi ziba hafi aho kugira ngo zikurikiranwe ni ngombwa. Ntabwo umuntu ashobora kwiba ahantu atazi. Bivuze ngo ababiba ni abantu babana, ni abantu baturanye, ni abantu bagenderanirana, ni abantu bakurura abandi baturutse mu nkengero z’umujyi, bagafatanya kwiba abaturanyi babo.”

Uyu muyobozi anavuga ko umugore n’umuhungu we basanzwe mu nzu bapfuye, bishwe n’uwo mu muryango wabo washakaga amasambu, ko ibyo na byo ari ibibazo byo mu miryango basanzwe bakoraho ubukangurambaga, kandi ko bazabikomeza.

You Might Also Like

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

igire May 18, 2023 May 18, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?