Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Gukemura ikibazo cy’ibura ry’imodoka zitwara abagenzi muri Kigali bigeze he?
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Gukemura ikibazo cy’ibura ry’imodoka zitwara abagenzi muri Kigali bigeze he?

igire
igire Yanditswe May 28, 2023
Share
SHARE

Gukemura ikibazo cy’ibura ry’imodoka zitwara abagenzi muri Kigali bigeze he?

Ministeri y’ibikorwaremezo iravuga ko mu gihe cy’amezi 4, mu Mujyi wa Kigali hazaba hageze icyiciro cya mbere cy’imodoka 105 akaba ari mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ibura ry’imodoka zitwara abagenzi kimaze igihe kirekire kigaragara mu mugi wa Kigali.

Ni mu masaha agana sa mbili z’ijoro, urujya n’uruza ni rwose muri gare ya Nyabugogo, abantu barashakisha bus ziberekeza mu bice binyuranye by’umugi wa Kigali no mu nkengero zawo; hari abahageze sa kumi n’imwe bavuye mu mirimo yabo nanubu bagitegereje.

Amasaha ya mu gitondo abantu bajya mu kazi n’aya nimugoroba bakavaho niyo akunze guteza ibibazo, abatega imodoka mu buryo bwa rusange, haniyongeraho n’umubyigano w’imodoka z’abantu ku giti cyabo n’izindi zikora akazi kanyuranye zihurira mu muhanda n’izitwara abagenzi.

Abadepite bibaza igihe iki kibazo kizarangirira kuba abatuye mu mugi wa Kigali bashobora kumara amasaha agera kuri 3 mu muhanda.

Iyo usesenguye usanga ikibazo cy’imodoka gisa n’icyarenze ubushobozi bw’amasosiyete atwara abagenzi, bityo ko igihe kigeze ngo leta ishyire ubushobozi bugaragara mu itwarwa ry’abagenzi. Cyokora minisitiri w’ibikorwaremezo Dr Nsabimana Ernest yizeza ko imodoka za mbere zisaga 100 zizagera mu gihugu mu mezi 4 ari imbere.

Ku rundi ruhande ariko ikibazo cy’imodoka zibyigana cyangwa ambouteillage mu masaha ya mu gitondo na nimugoroba kiri mu bitinza imodoka by’umwihariko izitwara abagenzi, hashize igihe havuga ishyirwaho ry’imihanda igenewe imodoka zitwara abagenzi ariko nanubu amaso yaheze mu kirere.

You Might Also Like

Kamonyi: Bashinja ‘Abahebyi’ kubangiriza imyaka yari kuri hegitari 20

Ibibazo by’inyamaswa zonera abaturage byikubye gatatu mu myaka itanu ishize

Abanyarwanda 15 barimo gukora imishinga minini bifashishije ubwenge buhangano

Barasaba ko umuhanda uhuza Ngororero na Rutsiro ukorwa

Karongi: Ikibazo cy’ibiryo by’amatungo gituma bajya kubigura muzindi ntara

igire May 28, 2023 May 28, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Umwaka utaha umubare w’abiga igiforomo ku rwego rw’amashuri yisumbuye uzikuba kabiri
ubuzima

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?