Guverinoma y’u Rwanda irizeza impunzi ziri mu Rwanda ko izakomeza kuzifata neza uko bikwiye, ititaye ku binyoma biherutse kuvugwa n’Ishami rya Loni ryita ku Mpunzi ko ngo u Rwanda rwaba rufata nabi impunzi.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj Gen (Rtd) Albert Murasira yabitangaje mu kiganiro cyihariye yahaye RBA kuri uyu wa Gatatu, mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza ejo ku wa Kane umunsi mpuzamahanga w’impunzi.
Avuga ko n’ubwo ibihugu by’u Burundi na RDC bigaragaza ubushake buke bwo gucyura impunzi zabyo bitazabuza u Rwanda gukomeza gufasha impunzi zibishaka gusubira mu bihugu byazo.
Kugeza ubu u Rwanda rucumbikiye impunzi zisaga ibihumbi 135 zirimo ibihumbi 84 zikomoka muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo n’ibihumbi 51 z’Abarundi.
Sign Up For Daily Newsletter
Be keep up! Get the latest breaking news delivered straight to your inbox.
[mc4wp_form]
By signing up, you agree to our Terms of Use and acknowledge the data practices in our Privacy Policy. You may unsubscribe at any time.