Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Hari gukorwa iki mu kongera umubare w’ababyaza ukiri iyanga mu Rwanda?
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
ubuzima

Hari gukorwa iki mu kongera umubare w’ababyaza ukiri iyanga mu Rwanda?

igire
igire Yanditswe March 26, 2024
Share
SHARE

Buri minota ibiri, ku Isi yose imibare yerekana ko umubyeyi umwe apfa ari kubyara. Mu Rwanda, ku bana ibihumbi 100 bavutse, ababyeyi 200 barapfa bitewe n’impamvu nyinshi zirimo no kuva cyane.

Mu Rwanda habarizwa ababyaza 2000 gusa, umubare ukiri hasi ugereranyije n’abakenera kwitabwaho.

Ingingo ijyanye n’ikibazo cy’ubuke bw’ababyaza yagarutsweho mu Kiganiro Waramutse Rwanda cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 26 Werurwe 2024.

Dr Nkeshimana Menelas ushinzwe Imyigishirize y’Abakozi bo mu Rwego rw’Ubuzima, yavuze ko Minisiteri y’Ubuzima ishyize ku ijanisha umuganga umwe ufite ubumenyi buhagije aba agomba kwita ku baturage 1000.

Ati “Iyo ugeze ku bitaro usanga umuganga akora byibuze akazi kagenewe abantu bane.’’

Imikorere y’ababyaza bake ikomeje gutera impungenge cyane ko harimo imbogamizi zishingiye ku kwita ku buzima bw’umubyeyi cyangwa umwana uvutse.

Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Ababyaza mu Rwanda, Josephine Murekezi Mukamasabo, yasobanuye ko hari icyuho kigaragara iyo bigeze ku munsi nyirizina wo kubyara.

Yagize ati “Byibura buri mubyeyi waje kubyara akenera kuba ari kumwe n’umubyaza umwe mu gihe akiri gusuzumwa, igihe cyo kubyara cyagera akaba afite ababyaza babiri. Nyuma yo kubyara, umubyaza umwe agomba kuba areberera ababyeyi batandatu n’abana babo ubwo bakaba 12, uwo mubare ni wo twe tudafite.”

Nyuma y’ikusanyamakuru ryakozwe na Minisiteri y’Ubuzima, hasanzwe mu banyeshuri 100 bagakwiye kwiga ububyaza, 20 muri bo ari bo bonyine bashobora kwiga, bitewe n’imbogamizi z’ubushobozi busaga ibihumbi 7$ kugira ngo hasozwe amasomo ku bubyaza.

Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ubuzima n’abaterankunga bayo bahaye buruse abo banyeshuri bafite umuhate mu kwiga kubyaza nka kimwe mu bisubizo byo kongera umubare w’ababyaza.

 

You Might Also Like

Umwaka utaha umubare w’abiga igiforomo ku rwego rw’amashuri yisumbuye uzikuba kabiri

Rusizi: 92.1% by’abana bari munsi y’imyaka 5 barererwa muri ECDs

MUSANZE: Imirenge 4 yo muri Musanze na Gakenke yibasiwe na Malariya

Ibyaranze ishyingurwa rya Papa Francis

Ibyo wamenya kuri Bazilika ‘Santa Maria Maggiore’ ishyingurwamo Papa Fransikiko

igire March 26, 2024 March 26, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Umwaka utaha umubare w’abiga igiforomo ku rwego rw’amashuri yisumbuye uzikuba kabiri
ubuzima

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?