Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Huye: Abanyeshuri 3 bari mu bantu 6 bagwiriwe n’ikirombe
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
ubuzima

Huye: Abanyeshuri 3 bari mu bantu 6 bagwiriwe n’ikirombe

igire
igire Yanditswe April 21, 2023
Share
SHARE

 

Mu bagabo batandatu bagwiriwe n’ikirombe mu Karere ka Huye, harimo abanyeshuri batatu bo mu kigo cy’amashuri cya Kinazi, aba bakaba bari bamaze iminsi bacukurana ayo mabuye.

Kugeza ubu inzego zitandukanye zikomeje gukora ibishoboka byose ngo aba bantu bavanwemo, gusa kugeza ubu ntibaraboneka hakaba hategerejwe indi mashini mu kwihutisha igikorwa.

Mu ma sayine kuri uyu wa Kane nibwo ibikorwa by’ubutabazi byatangiye ubwo imashini yagera ku kirombe cyagwiriye abantu batandatu mu Murenge wa Kinazi muri Huye, gusa ntabwo byari byoroshye kugira ngo ihagere kuko yanyuraga mu myaka y’abaturage.

Tuyishime Daniel mugenzi wabo biganaga, avuga ko bari bamaze iminsi bacukurana ayo mabuye ariko ku bw’amahirwe we yari yagiye kwiga.

Abaturage bavuga ko iki kirombe kimaze imyaka igera kuri ine gicukurwamo ariko kandi amabuye acukurwamo ntibayazi, kampani ihacukura RBA ntiyashoboye kubona amakuru yayo.

Kankesha Annonciata, umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage, avuga ko  nta makuru y’iki kirombe bari bafite.

Abakozi bacukuraga muri iki kirombe bavuga ko batangiye bahembwa amafaranga ibihumbi bitandatu, ariko ubu ngo bari bageze ku guhembwa amafaranga ibihumbi 2500.

Ibikorwa byo gutabara abantu 6 bagwiriwe n’ikirombe muri Huye yakomeje kuri uyu wa Kane

You Might Also Like

Rusizi: 92.1% by’abana bari munsi y’imyaka 5 barererwa muri ECDs

MUSANZE: Imirenge 4 yo muri Musanze na Gakenke yibasiwe na Malariya

Ibyaranze ishyingurwa rya Papa Francis

Ibyo wamenya kuri Bazilika ‘Santa Maria Maggiore’ ishyingurwamo Papa Fransikiko

Iyo uburezi bukora akazi kabwo neza, Jenoside ntiyari kuba – Minisitiri Nsengimana

igire April 23, 2023 April 21, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Kamonyi: Bashinja ‘Abahebyi’ kubangiriza imyaka yari kuri hegitari 20
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?