Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Huye: Imvura ikomeje kubangamira ibikorwa byo gushakisha abagwiriwe n’ikirombe
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Huye: Imvura ikomeje kubangamira ibikorwa byo gushakisha abagwiriwe n’ikirombe

igire
igire Yanditswe May 4, 2023
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda wungirije, ACP Boniface Rutikanga, avuga ko kugera ku bagwiriwe n’ikirombe bikomeje gutinda, ahanini bitewe n’imvura irimo kugwa muri iyi minsi.

Imvura ikomeje kubangamira ibikorwa byo gushakisha abagwiriwe n
Imvura ikomeje kubangamira ibikorwa byo gushakisha abagwiriwe n’ikirombe

Ku kibazo cyo kumenya aho imirimo yo kubashakisha igeze, mu gitondo cyo ku wa 3 Gicurasi 2023 yagize ati “Navuga ko kugeza ejo nijoro nta cyari bwagerweho kuko nta wari wakabonetse. Gusa bari bongeyeho indi mashini ya gatanu kugira ngo bakomeze kwagura.”

Yasobanuye ko uko imvura igwa ikoma mu nkokora imashini zicukura, kuko ibitaka bari bigijeyo byongera bikagaruka, amazi akuzura aho bacukuye, bakabanza kuyavoma ariko noneho n’itaka rikoroha, imashini ntizibashe gukora neza, bigasaba ko zigenda gahoro.

Ati “Iyo imashini imaze gucukura, ubutaka buba bwarekuye. Iyo imvura iguyemo rya taka riba icyondo, kandi biriya bimashini biraremereye. Zivurugutamo kabiri hagasaya, zikananirwa no gukora.”

Ubundi imashini zicukura zatangiriye hepfo gatoya y’aho abajya mu kirombe bamanukiraga, hari gushakwa uko bakwigizayo igitaka cyafunze umwobo ugana hasi, bivugwa ko abo cyagwiriye baba bari.

Byabaye ngombwa ko ahacukurwa hagurwa
Byabaye ngombwa ko ahacukurwa hagurwa

Inshuro zose imashini zicukura zagiye zigera ku mwobo batekereza ko bawumanukiyemo babageraho, igitaka cyagiye gitibuka, kikongera kuwutwikira.

Ibi bituma hari abaturiye icyo kirombe bavuga ko “haba hari imbaraga zidasanzwe zitera uwo mwobo kurengwaho n’itaka”, bakanavuga ko “uwaba abikora akwiriye gusigaho kugira ngo abaheze mu kirombe bagerweho, n’ababo baruhuke gukomeza gutegereza.”

Icyakora, abari mu gikorwa cyo gushakisha uko babageraho bo, mu rwego rwo gushaka uko barwanya ko itaka ryongera gupfuka wa mwobo igihe bawugezeho, imashini zirimo gucukura ahantu hanini hakikije aho uri. Ibi bituma zigenda zisatira ahari ingo ari na ko imyaka yari ihahinze irandurwa.

ACP Rutikanga ati “Byabaye ngombwa ko bagura aho bacukura, kugira ngo bigize hirya itaka ryabaye ryinshi, bityo nirinagwa ntirigwe aho barimo bashakira, rigwe hirya gato. Birasatira ingo, bikangiza n’imyaka. Nyine urumva ko hari n’ikindi Leta izigomwa ku bw’imitungo irimo kugenda yangirika.”

Abashakishwa ni abantu batandatu, bagwiriwe n’icyo kirombe ku itariki 19 Mata 2023, mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye.

Imashini zicukura zarongerewe

You Might Also Like

Gasabo: Hari ibigo by’amashuri bya leta biyishyuza amafaranga y’ibirarane ibigenera

Abashoramari bo muri Hongiriya beretswe amahirwe ari mu Rwanda

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

igire May 4, 2023 May 4, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

MUSANZE: Imirenge 4 yo muri Musanze na Gakenke yibasiwe na Malariya
ubuzima

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?