Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Bola Tinubu uyobora Nigeria ashyigikiye ko Perezida wahiritswe muri Niger asubizwaho ku ngufu
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Bola Tinubu uyobora Nigeria ashyigikiye ko Perezida wahiritswe muri Niger asubizwaho ku ngufu

igire
igire Yanditswe August 6, 2023
Share
SHARE

Perezida wa Nigeria Bola Tinubu yandikiye ibaruwa Sena y’igihugu cye, asaba abayigize ko bashyigikira icyemezo cyo gukoresha ingufu za gisirikare muri Niger aho Perezida w’icyo gihugu watowe n’abaturage Mohamed Bazoum yahiritswe ku butegetsi tariki 26 Nyakanga 2023.

Perezida Bola Tinubu wa Nigeria
Perezida Bola Tinubu wa Nigeria

Ikinyamakuru ‘The Cable’ cyandikirwa muri Nigeria cyatangaje ko Perezida Tinubu yasabye kongera ingabo n’abakozi bakoherezwa mu bikorwa bya gisirikare muri Niger, hagamijwe gukuraho ubutegetsi bwakoze Coup d’Etat mu gihe bwaba bukomeje kwinangira kubisubiza mu maboko ya Perezida watowe n’abaturage”.

Nyuma y’iyo Coup d’Etat, Umuryango ECOWAS wafatiye Niger ibihano byo mu rwego rw’ubukungu, ndetse iha igihe cy’icyumweru kimwe gusa, itsinda ry’abasirikare bayikoze kuba bamaze gusubiza ubutegetsi Perezida Mohamed Bazoum, bitaba ibyo hakitabazwa ingufu za gisirikare.

ECOWAS kandi yohereje itsinda riyobowe na Abdulsalami Abubakar wahoze ari umuyobozi wa Nigeria, kugira ngo bajye kuganira n’abasirikare bafashe ubutegetsi, ariko iryo tsinda ryarinze risubirayo ritabonanye na Gen. Abdourahamane Tchiani, uri ku butegetsi muri Niger.

Gen. Abdourahamane Tchiani, we yatangaje ko atazarekura ubutegetsi kubera igitutu cy’abashaka kugarura Bazoum ku butegetsi. Yamaganye ibihano byafatiwe Niger, avuga ko bitubahirije amategeko ndetse ko nta bumuntu bubirimo, asaba abaturage b’igihugu cye kwitegura kurwana ku gihugu cyabo.

Nigeria, nk’igihugu gifite ingabo nyinshi mu Karere, kandi ari cyo cyagiye gitanga umubare munini w’abasirikare mu bundi butumwa bw’amahoro bwagiye bubaho mu rwego rw’Akarere, yiteguye no kuba ari yo yayobora ibikorwa bya gisirikare byakoherezwa muri Niger.

Ibihugu bitandukanye byo ku Mugabane w’u Burayi na byo byamaganye iyo Coup d’Etat ndetse ibyinshi muri byo bihagarika inkunga byageneraga igihugu cya Niger, mu gihe icyo gihugu kiza mu bya mbere bikennye muri Afurika, aho kibeshwaho n’inkunga z’amahanga ku kigero gisaga kimwe cya kabiri cy’ingengo y’imari yacyo ya buri mwaka.

You Might Also Like

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

Madamu Jeannette Kagame asanga ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera ari ingenzi

igire August 6, 2023 August 6, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Шесть основных ориентиров для определения доверенного интернет-казино
betting

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?