Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Ibiganiro ku mutekano wa Kongo i Luanda byasubitswe
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Ibiganiro ku mutekano wa Kongo i Luanda byasubitswe

igire
igire Yanditswe December 15, 2024
Share
SHARE

Ibiganiro byari bitegerejwe hagati ya Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na mugenzi we wa Congo Felix Tshisekedi n’umuhuza Jao Lourenco wa Angola ku mutekano muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo byasubitswe ku munota wa nyuma.

Ibiro by’umukuru w’igihugu wa Angola byanditse aya makuru bigira biti “bitandukanye n’ibyari bitegerejwe uyu munsi, inama y’abakuru b’ibihugu ntikibaye.”

Kuva mu mwaka wa 2021, Congo ihanganye n’inyeshyamba za M23 ziharanira uburenganzira bw’abanyekongo bavuga Ikinyarwanda na Leta ya Congo.

Muri uru rugamba rwibasiye uburasirazuba bwa Kongo, u Rwanda rwagaragaje ko Leta ya Kongo yinjije mu gisirikare cyayo umutwe w’iterabwoba wa FDLR watsembye imbaga muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.

U Rwanda rugaragaza ko umugambi wo kurimbura abatutsi FDLR yawukomereje muri Kongo, kandi igakomeza kubangamira umutekano w’u Rwanda, ikaba isaba Leta ya Kongo kurandura uyu mutwe.

Kongo ivuga ko u Rwanda rushyigikiye umutwe wa M23 ariko u Rwanda rukavuga ko ari urwitwazo rwo kugira ngo ikomeze gufatanya n’abateza umutekano mucye mu Rwanda.

Nta bimenyetso Kongo yigeze igaragaza muri iki kirego ku Rwanda.

Mu itangazo ry’ibiro by’umukuru w’igihugu wa Angola, umuhuza ntiyagaragaje indi tariki ibi biganiro biteganyijwe gusubukurirwaho.

Ibiganiro by’i Luanda byari biteganyijwe byabanjirijwe n’iby’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi mu kwezi gushize.

You Might Also Like

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

Madamu Jeannette Kagame asanga ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera ari ingenzi

igire December 15, 2024 December 15, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?