Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Igiciro cy’ibigori kiratangazwa bitarenze Mutarama – Minisitiri Musafiri
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Uburezi

Igiciro cy’ibigori kiratangazwa bitarenze Mutarama – Minisitiri Musafiri

igire
igire Yanditswe January 15, 2024
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Ildephonse Musafiri, arizeza abahinzi b’ibigori ko uku kwezi kwa Mutarama kurangira igiciro cyabyo cyatangajwe, mbere ko bitangira gusarurwa kugira ngo hirindwe akajagari mu kugurisha umusaruro.

Ibigori bigiye kwera

Ibigori bigiye kwera

Yabitangaje ku wa Kane tariki ya 11 Mutarama 2024, mu nama yamuhuje n’abayobozi b’amakoperative y’ubuhinzi, cyane ibigori mu Ntara y’Iburasirazuba.

Minisitiri Musafiri avuga ko iki gihembwe cy’ihinga A, mu gihugu cyose hitezwe umusaruro w’ibigori urenga Toni 600,000 ari nabyo biribwa mu Gihugu cyose ku mwaka.

Mu rwego rwo kuwufata neza ubu ngo bagiye gukorana n’izindi nzego, harebwe ku buziranenge bw’amahema yifashishwa mu kwanikwaho ibigori, ndetse no ku giciro cyayo kugira ngo byorohere umuhinzi.

Ati “Hari abagaragaje imbogamizi y’uko abacuruzi bahenda amashitingi kubera ko umusaruro wabaye mwinshi, tugiye gukorana na MINICOM n’izindi nzego bireba turebe ko abantu bareka guhenda abakoresha amashitingi.”

Akomeza agira ati “Turifuza no gukorana n’ibigo bireba kugira ngo izitujuje ubuziranenge zituma ibigori birwara indwara ituma bitaribwa, izo zivanwe ku isoko hakiri kare kugira ngo turebe ko umusaruro w’ibigori twejeje wafatwa neza, ukanikwa neza n’abahinzi ntibahendwe n’ibyo bikoresho bituma bakenera.”

Avuga ko umusaruro ugomba gufatwa neza, ukanahunikwa ndetse n’abaguzi bakagurira umuhinzi ku giciro cyiza.

Kubera ko umusaruro w’ibigori ngo watangiye kuboneka hamwe na hamwe, inzego bireba zigiye kwicara zishyireho igiciro kandi bikaba byakozwe mbere y’uko uku kwezi kurangira.

Yagize ati “Iyo tubonye uko abantu ba mbere umusaruro wagenze, niba ari toni enye, eshanu, esheshatu kuri hegitari, nibwo twicara n’inzego zibishinzwe yaba MINICOM, natwe ubwacu n’abandi baba mu bucuruzi bw’ibigori n’izindi mbuto, tugashyiraho igiciro, kubera ko dusarura mu kwa kabiri n’ukwa gatatu, ukwezi kwa mbere kuzarangira igiciro cyashyizweho, gishyirwaho mbere kugira ngo abagura n’abagurisha babe bafite icyo bagenderaho.”

Muri gahunda yo kongera umusaruro ngo hazakomeza kongerwa ubuso bwuhirwa, no gutunganya ibishanga ku buryo muri Kamena uyu mwaka ibyanya byose bigomba gutunganywa n’umushinga wa CDAT ibikorwa byose bizaba byatangiye.

Ikindi ni uko harimo kwigwa uko hajya hubakwa ubwanikiro budateza impanuka ku baturage, ariko mu gihe bitari byakorwa hakazajya hifashishwa ubw’igihe gito nka shitingi.

Yashishikarije abaturage kwirinda abamamyi babagurira ku giciro gito, ariko bakanibuka kwizigamira umusaruro kugira ngo birinde inzara.

You Might Also Like

Maj Gen Vincent Nyakarundi yitabiriye Inama y’ingabo zirwanira ku butaka muri Afurika

CHORARE DE KIGALI : BARIMO GUTEGURA IGITARAMO CYAMATEKA.

Musanze: Ababyeyi bishimira ko abana babo basigaye bakorera ibizamini bya Leta hafi

Umuyobozi Mukuru wa REB Dr Mbarushimana yasabye abanyeshuri kwirinda gukopera

Abanyeshuri 202,999 batangiye ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

igire January 15, 2024 January 15, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?