Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Igihe cyo kwihangana kiri gushira: Nyusi waburiye ibyihebe byayogoje Cabo Delgado
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Igihe cyo kwihangana kiri gushira: Nyusi waburiye ibyihebe byayogoje Cabo Delgado

igire
igire Yanditswe September 10, 2024
Share
SHARE

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambique yasabye abakuru b’ibyihebe bimaze igihe byarayogoje intara ya Cabo Delgado kuyamanika, ababurira ko igihe cyo kubihanganira kiri gushira.

Nyusi yabitangarije mu mujyi wa Matola ho mu ntara ya Maputo, ahaberaga ibirori byo kwizihiza imyaka 50 ishize hasinywe amasezerano y’ubwigenge bwa Mozambique hagati y’ishyaka Frelimo n’abakoloni b’abanya-Portugal.

Yagize ati: “Tuzi amazina ya bamwe muri bo (abakuriye ibyihebe), bakwiye guhita barambika hasi intwaro kubera ko kwihangana biri kurangira, ikindi bashobora kuba bari gutinda bijyanye no kuba basa n’abangije ibintu byinshi”.

Perezida Nyusi yateguje ko ku munsi w’Ingabo za Mozambique uzaba ku wa 25 Nzeri ashobora gutangaza amazina y’abakuriye ibyihebe nk’uko yagiye abikora mu bihe byashize.

Mbere ya 2021 intara ya Cabo Delgado yari yarayogojwe n’ibyihebe byo mu mutwe wa Ansar-Al Sunnah, mbere y’uko ingabo z’u Rwanda zijya kubyirukanayo zifatanyije na FADM za Mozambique ndetse n’iza SADC.

Icyakora n’ubwo RDF n’abafatanyabikorwa bayo bashoboye kwirukana ibyihebe mu turere dutandukanye ndetse abaturage bari barakwiye imishwaro bagafashwa gutahuka, ibyihebe biracyagaba uduteroshuma dusiga bihungabanyije umutekano w’abatuye Cabo Delgado.

 

You Might Also Like

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

Amb. Bizimana yashyikirije Perezida wa Senegal impampuro zo guhagararira u Rwanda

Ibyo wamenya kuri Papa Leon XIV, Umusimbura mushya wa Petero intumwa

Perezida Kagame uri i Paris yakiriwe na Macron w’u Bufaransa

Umunsi wageze, gutora Papa mushya bigiye gutangira

igire September 10, 2024 September 10, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?