Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze

igire
igire Yanditswe May 12, 2025
Share
SHARE

Minisiteri y’Uburezi yavuze ko irimo kunoza uburyo bw’imenyerezamwuga ku biga mu mashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro, hibandwa ku kongera igihe abanyeshuri bamara bimenyereza imyuga ijyanye n’amasomo biga mu ishuri

Abiga amasomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro bavuga ko amasomo bafatira hanze y’ishuri ari ingenzi, kuko ariyo ashimangira ubumenyi n’ubushobozi bwabo mu gushyira mu bikorwa ibyo bize mu ishuri

Ku rundi ruhande, Abasenateri bagize komisiyo y’imibereho y’abaturage n’uburenganzira bwa muntu bavuga ko hari abanyeshuri batabona ibigo cyangwa inganda zibakira mu gihe bakeneye kwimenyereza umwuga, bikadindiza ireme ry’uburezi bahabwa.

Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph avuga ko iyi Minisiteri yamaze kugirana amasezerano yo kwakira abanyeshuri n’ibigo birimo, REG,WASAC n’uruganda Inyange, ariko ngo harimo no gutekerezwa ku bundi buryo bunyuranye bwo kongera imenyerezamwuga haba ku mashuri ubwaho ndetse no hanze yayo.

Minisiteri y’Uburezi n’abafatanyabikorwa ba leta y’u Rwanda mu guteza imbere uburezi bushingiye ku bumenyingiro, barimo kandi kunoza gahunda yo kwigira ku murimo, aho umunyeshuri azajya yiga abibangikanije no gukora mu nganda no mu bindi bigo bya Leta cyangwa iby’abikorera, aho kugira ngo afate igihe kinini cyo kwicara mu ishuri n’ikindi gito cyo kuzajya kwimenyereza umwuga nk’uko bikorwa muri iki gihe.

 

You Might Also Like

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

Umusaruro w’inganda wazamutseho 5% muri Werurwe 2025

U Rwanda mu nzira yo gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peretoli litiro miliyoni 334

U Rwanda na PSG byongereye amasezerano y’imikoranire kugeza mu 2028

Abadepite basabiye urubyiruko rw’amikoro make n’abarengeje imyaka 65 guhabwa inguzanyo ya VUP

igire May 12, 2025 May 12, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?