Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze

igire
igire Yanditswe May 12, 2025
Share
SHARE

Minisiteri y’Uburezi yavuze ko irimo kunoza uburyo bw’imenyerezamwuga ku biga mu mashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro, hibandwa ku kongera igihe abanyeshuri bamara bimenyereza imyuga ijyanye n’amasomo biga mu ishuri

Abiga amasomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro bavuga ko amasomo bafatira hanze y’ishuri ari ingenzi, kuko ariyo ashimangira ubumenyi n’ubushobozi bwabo mu gushyira mu bikorwa ibyo bize mu ishuri

Ku rundi ruhande, Abasenateri bagize komisiyo y’imibereho y’abaturage n’uburenganzira bwa muntu bavuga ko hari abanyeshuri batabona ibigo cyangwa inganda zibakira mu gihe bakeneye kwimenyereza umwuga, bikadindiza ireme ry’uburezi bahabwa.

Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph avuga ko iyi Minisiteri yamaze kugirana amasezerano yo kwakira abanyeshuri n’ibigo birimo, REG,WASAC n’uruganda Inyange, ariko ngo harimo no gutekerezwa ku bundi buryo bunyuranye bwo kongera imenyerezamwuga haba ku mashuri ubwaho ndetse no hanze yayo.

Minisiteri y’Uburezi n’abafatanyabikorwa ba leta y’u Rwanda mu guteza imbere uburezi bushingiye ku bumenyingiro, barimo kandi kunoza gahunda yo kwigira ku murimo, aho umunyeshuri azajya yiga abibangikanije no gukora mu nganda no mu bindi bigo bya Leta cyangwa iby’abikorera, aho kugira ngo afate igihe kinini cyo kwicara mu ishuri n’ikindi gito cyo kuzajya kwimenyereza umwuga nk’uko bikorwa muri iki gihe.

 

You Might Also Like

U Rwanda rwiteze inyungu kubera izamuka ry’ibiciro bya Wolfram

Kamonyi: Bashinja ‘Abahebyi’ kubangiriza imyaka yari kuri hegitari 20

Ibibazo by’inyamaswa zonera abaturage byikubye gatatu mu myaka itanu ishize

Abanyarwanda 15 barimo gukora imishinga minini bifashishije ubwenge buhangano

Barasaba ko umuhanda uhuza Ngororero na Rutsiro ukorwa

igire May 12, 2025 May 12, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?