Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Impunzi z’Abanye-Congo zo mu Nkambi za Nyabiheke na Mahama zamaganye ubwicanyi buri gukorerwa muri RDC
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Impunzi z’Abanye-Congo zo mu Nkambi za Nyabiheke na Mahama zamaganye ubwicanyi buri gukorerwa muri RDC

igire
igire Yanditswe March 6, 2024
Share
SHARE

Impunzi z’Abanye-Congo zicumbikiwe mu Nkambi ya Nyabiheke muri Gatsibo n’iya Mahama i Kirehe zamaganye ubwicanyi bukomeje gukorerwa abo mu bwoko bw’Abatutsi bavuga Ikinyarwanda, Abanyamulenge n’Abahema mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Bazindukiye muri uru rugendo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu aho bari bafite ibyapa biriho ubutumwa bwamagana Leta ya Congo irangajwe imbere na Félix Antoine Tshisekedi.

Bamwe muri izi mpunzi, ni abahungiye mu Rwanda guhera mu 1996, bagaragaje ko bababajwe no kuba igihugu cy’amavuko kidatekanye ku buryo basubirayo ndetse bene wabo bakaba bari gukorerwa Jenoside amahanga arebera.

bose, bahuriza ku gusaba imiryango mpuzamahanga n’ibihugu bitandukanye birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kubatabara basaba Perezida wa RDC guhagarika ubwicanyi buri gukorerwa bene wabo.

Umwe yagize ati “Harimo basaza banjye babiri bapfuye, babishe ejo bundi. Njyewe rero ndashaka kugira ngo mudufashe, basaza banjye ni bo bamfashaga none babishe. Mfite impungenge nyinshi z’abasigayeyo.”

Mugenzi we yagize ati “Njyewe icyo nasaba ni ubutabera, turarenganye, imiryango mpuzamahanga turasaba ngo idutabare.”

Kuva mu 1996, impunzi zo muri Congo zinjiye ku butaka bw’u Rwanda zihunga ubwicanyi bwakorerwaga abavuga Ikinyarwanda, by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi. Kugeza ubu u Rwanda rucumbikiye abarenga ibihumbi 100.

 

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire March 6, 2024 March 6, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?