Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yemeje ko M23 ishyirwa mu kigo cya Rumangabo
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yemeje ko M23 ishyirwa mu kigo cya Rumangabo

igire
igire Yanditswe June 1, 2023
Share
SHARE

Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yateranye ku wa Gatatu tariki 31 Gicurasi 2023 i Bujumbura mu Burundi, yiga ku kibazo cy’umutekano muke wo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yemeje ko umutwe wa M23 ujyanwa mu kigo cya Rumangabo, nyuma yo gushyira intwaro hasi, aho kujya kuba mu kirunga cya Sabyinyo nk’uko byavuzwe mbere.

Inama yabereye i Bujumbura mu Burundi
Inama yabereye i Bujumbura mu Burundi

Iyi nama yari iyobowe na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye uyoboye EAC, yitabiriwe na Perezida William Ruto wa Kenya, u Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, RDC yari ihagarariwe na Antipas Mbusa Nyamwisi, Minisitiri ushinzwe ukwishyira hamwe n’akarere, hari kandi Vice Perezida wa Tanzaniya, Philip Mpango, Sudaniy’Epfo na Uganda nabyo byohereje ababihagararira.

Perezida Evariste Ndayishimiye atangiza iyi nama nyuma y’ibiganiro byabaye mu muhezo, yavuze ko ibihugu bigize EAC biterana ahanini, hagamijwe kureba ibijyanye n’amahoro n’umutekano kugira ngo bifashe abatuye muri ibi bihugu kubaho batekanye.

Ati “Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba washyize imbaraga nyinshi mu birebana n’iterambere rirambye, amahoro ndetse n’ituze muri aka karere. Hari ibikorwa byinshi byakozwe ndetse gahunda nyinshi zishyirwaho. EAC nk’umuryango uhuje ibihugu byo mu karere wiyemeje gukorana na Guverinoma n’ibyo bihugu, no gufatanya n’abandi bafatanyabikorwa mu kugera ku mahoro arambye ndetse n’ituze, no gushyira iherezo ku ihohoterwa rikorerwa abasivili no kugarura umutekano n’icyubahiro”.

Perezida wa Kenya William Ruto
Perezida wa Kenya William Ruto

Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Mathuki, avuga ko imwe mu myanzuro yafatiwe muri iyi nama isaba ubufatanye bw’inzego zitandukanye.

Ati “Gukorana n’abakuriye UNESCO n’abandi bafatanyabikorwa mu gihe cy’ibyumweru bitatu, bakaba bamaze gusura ndetse no kugenzura imiterere y’ikigo cya Rumangabo, ahagomba kujya M23 n’indi mitwe yitwaje intwaro. Ikindi nuko muri iyi nama hatanzwe umurongo ko ibyo kuvugana n’umutwe wa M23 byakorwa n’umuhuza”.

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, yafashe ijambo atanga igitekerezo kuri uwo mwanzuro, avuga ko hatabaho gushaka amahoro hatabayeho gushyiraho inzego bireba.

Ati “Dutekereza ko hatabaho gushaka amahoro hatabayeho gushyiraho inzego bireba, niba bagomba kuva mu bice barimo kuri ubu, bagomba kwitabwaho bakaba muri iryo tsinda rizajya gukora iryo genzura. Ibyo nibyo twemeranyijweho, ko M23 nayo igomba kuba mu itsinda rizajya kureba uko aho hantu hameze”.

Minisitiri w
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente

Ibindi byaranze iyi nama birimo kurahira kw’abanyamabanga bakuru bungirije b’uyu muryango, harahira abacamanza mu rukiko rw’ubutabera b’ubumuryango w’Afurika y’Iburasirazuba.

You Might Also Like

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

igire June 1, 2023 June 1, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?