Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Ingabo z’u Rwanda zambitswe imidali kubera gukora kinyamwuga
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Ingabo z’u Rwanda zambitswe imidali kubera gukora kinyamwuga

igire
igire Yanditswe March 7, 2024
Share
SHARE

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye Loni zo mu mutwe wa (Rwanbatt-2) muri Sudani y’Epfo zambitswe imidali n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kugarura amahoro, zishimirwa akazi gakomeye zikora kinyamwuga.

Ni ibikorwa izo ngabo zashimiwe, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Werurwe 2024, byo kugarura amahoro n’umutekano muri Sudani y’Epfo mu Majyaruguru y’umugezi wa Nile.

Ibyo birori byabereye mu mujyi wa Malakal aho umutwe wa Rwanbatt 2 ufite ibirindiro.

Umuyobozi w’Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Lt Gen Mohan Subramanian ni we wayoboye ibyo birori byo kwambika imidali Ingabo z’u Rwanda ziri muri Rwanbatt-2.

Yabashimiye ubwitange bagaragaza mu kazi kabo ndetse n’ibikorwa by’indashyikirwa bakorera mu bice by’Amajyaruguru y’umugezi wa Nile.

Brig. Gen. Rugazora Emmanuel, Uhagarariye ubutumwa bw’Ingabo z’u Rwanda muri Sudandi y’Epfo yashimiye Ingabo z’u Rwanda zoherejwe muri Sudani y’Epfo, ko bakora neza ubutumwa bashinzwe bwa UNMISS.

Muri ibyo birori Lt Col Muhizi Andrew, uyoboye Ingabo z’u Rwanda zo mu mutwe w’ingabo wa Rwanbatt-2 yashimye  imikoranire iri hagati y’ingabo ayoboye na Guverinoma ya Sudani y’Epfo, ubuyobozi bwa UNMISS n’ubundi bushuti buhari bw’ingabo muri icyo gihugu.

Yavuze ko bashimiye imidali bahawe ko  igaragaza icyubahiro ntagereranwa bahabwa ndetse ko ibongereye imbaraga zidasanzwe mu mwuga wabo wa gisirikare.

Lt. Col. Muhizi kandi yashimangiye ko guhabwa imidali k’uyu mutwe w’ingabo z’u Rwanda, byongereye imbaraga n’ubwitange mu gusohoza ubutumwa batumwe no kubahiriza inshingano bafite.

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire March 7, 2024 March 7, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?