Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Inyungu zitezwe mu masezerano mashya hagati y’u Rwanda na Pologne
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Inyungu zitezwe mu masezerano mashya hagati y’u Rwanda na Pologne

igire
igire Yanditswe February 8, 2024
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko amasezerano y’ubufatanye yasinywe hagati ya Leta y’u Rwanda na Pologne ari kimwe mu bizafasha Isi guhangana na zimwe mu mbogamizi zijyanye n’imihindagurikire y’ibihe.

Yabigarutse ku wa Gatatu, tariki ya 7 Gashyantare 2024, ubwo yakiraga mugenzi we wa Pologne, Andrzej Sebastian Duda, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.

Perezida Andrzej Duda na Madamu we Agata Kornhauser-Duda bakiriwe muri Village Urugwiro na Perezida Kagame na Madamu we Jeannette Kagame.

Nyuma y’ibiganiro byabereye mu muhezo, abakuru b’ibihugu byombi banayoboye umuhango w’isinywa ry’amasezerano mu nzego zitandukanye z’ubufatanye mu bukungu n’ubucuruzi, ubufatanye mu ikoranabuhanga ritangiza ibidukikije, ibijyanye no kurengera ibidukikije, ubucukuzi n’ingufu.

Aya masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta na mugenzi we wa Pologne, Andrzej Szejna.

Perezida Kagame yagaragaje ko hari umusaruro witezwe mu masezerano yashyizweho umukono hagati y’ibihugu byombi by’umwihariko ay’ubufatanye mu ikoranabuhanga ritangiza ibidukikije n’ibijyanye no kurengera ibidukikije.

Ati “Ibihugu byacu bimaze gusinyana amasezerano y’ubufatanye mu ikoranabuhanga ritangiza ibidukikije, ibijyanye no kurengera ibidukikije, ingufu n’ubucuruzi. Iterambere ry’izi nzego ni ingenzi mu kugera ku budatsimburwa no kwisanisha n’impinduka zigezweho, mu guhangana n’ihungabana ku rwego rw’Isi.’’

Perezida wa Pologne, Andrzej Duda, na we yashimangiye ko ibyerekeranye no kurushaho guteza imbere ubufatanye na Leta y’u Rwanda bitari gusa mu rwego rw’uburezi ahubwo no guteza imbere ishoramari hagati y’ibihugu byombi.

Ati “Turashakisha abafatanyabikorwa bizewe ku Mugabane wa Afurika, cyane cyane abagendera ku ndangagaciro dusangiye. Bashobora kutwumva, twembi mu mateka yacu agoye, ntidushidikanya na gato ko hano mu Rwanda, dufite umufatanyabikorwa tubyumva kimwe kandi dufite inshuti. Uru ruzindiko kuri njye rufite agaciro gakomeye.”

Perezida Andrzej Duda yavuze ko u Rwanda ari inshuti ikwiye y’igihugu cye kuko ibihugu byombi byanyuze mu mateka ashaririye kandi byifuza gutera imbere.

 

You Might Also Like

Barasaba ko umuhanda uhuza Ngororero na Rutsiro ukorwa

Karongi: Ikibazo cy’ibiryo by’amatungo gituma bajya kubigura muzindi ntara

Umujyi wa Kigali watanze inzu ku miryango 172 yatujwe mu Mudugudu wa Mpazi

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

igire February 8, 2024 February 8, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Barasaba ko umuhanda uhuza Ngororero na Rutsiro ukorwa
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?