Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Kamonyi: Abagabo batanu batawe muri yombi bakurikiranyweho ibyaha byo kwica Abatutsi muri Jenoside
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
ubuzima

Kamonyi: Abagabo batanu batawe muri yombi bakurikiranyweho ibyaha byo kwica Abatutsi muri Jenoside

igire
igire Yanditswe April 25, 2023
Share
SHARE

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Mata 2023 abagabo 5 bo mu mudugudu wa Munini, akagari ka Jenda, mu Murenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi batawe muri yombi bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Umunyamabanga nshingabikorwa w’umurenge wa Mugina Mandera Innocent avuga ko aya makuru yamenyekanye mu mpera z’ukwezi kwa Werurwe muri uyu mwaka ubwo abaturage bakora mu mushinga wa Green Mayaga barimo bakora amaterasi y’indinganire babona iyo mibiri y’abishwe muri Jenoside.

Abatarurage bahise batanga amakuru ku buyobozi hatangira gukorwa ibiperereza kugira ngo hamenyekane ababishe ndetse hamenyekane niba ntabo mu miryango yabo warokotse.

Mu iperereza ryakozwe hafashwe umugabo witwa Birekeraho Stanislas w’imyaka 75 akaba yemera ko yishe abo bantu.

Ati “ Yamaze gufatwa ahita yerekana abandi bagabo bane bafatanyije bica abo bantu mu gihe cya jenoside, harimo uwitwa Sindikubwabo Jean Baptiste w’imyaka 57, Nyaminani Jean 46, Higiro Felicien w’imyaka 53, na Bizimana Laurien w’imyaka 52”.

Muri aba bafashwe Sindikubwabo Jean Baptiste na Nyaminani Jean bombi bava inda imwe ndetse bakaba abaturanyi ba bagenzi babo bafatanyije ubu bwicanyi bakoze muri Jenoside.

Mandera avuga ko muri iyi mibiri yabonetse umugabo witwa Birekeraho yatanze amakuru akimara gufatwa avuga ko ari umwana w’umuhungu yishe wari ufite imyaka 8 witwaga Ndagijimana Piere Damien baza gusanga afite mushiki we warokotse Jenoside witwa Nibagwire Olive wari ufite imyaka 10 muri iyo gihe.

Ati “ Uyu Birekeraho yari aturanye n’umuryango wa Nibagwire Olive mu gihe cya Jenoside rero Birekeraho yishe Ndagijimana Peirre Damien, umuvandimwe wa Nibagwire amwicana n’undi mwana atavuga inkomoko ye ariko turacyakusanya amakuru ngo nawe tumenye umuryango we”.

Muri aba bagabo bafashwe uyu Birekeraho yari yarahamijwe ibyaha n’inkiko gacaca, aza gufungurwa ariko nyuma yo kurekurwa aza gutoroka ava aho yari atuye ajya kwihishahisha hirya no hino mu gihugu mu bindi bice batamuzi akajya aza mu rugo rwe rwihishwa.

Birekeraho akimara gufatwa yiyemerera ko ariwe we wabishe ndetse atanga amakuru kuri abo bandi bafashwe nabo bemera ko bafatanyije muri icyo cyaha.
Aba bagabo bombi bategereje gushyikirizwa ubutabera kugira ngo bahanirwe iki cyaha bakoze cya Jenoside.

You Might Also Like

Rusizi: 92.1% by’abana bari munsi y’imyaka 5 barererwa muri ECDs

MUSANZE: Imirenge 4 yo muri Musanze na Gakenke yibasiwe na Malariya

Ibyaranze ishyingurwa rya Papa Francis

Ibyo wamenya kuri Bazilika ‘Santa Maria Maggiore’ ishyingurwamo Papa Fransikiko

Iyo uburezi bukora akazi kabwo neza, Jenoside ntiyari kuba – Minisitiri Nsengimana

igire April 25, 2023 April 25, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Kamonyi: Bashinja ‘Abahebyi’ kubangiriza imyaka yari kuri hegitari 20
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?